Bamwe mu bagize komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererana n’Umutekano muri Sena y'u Rwanda baganiriye n'amatsinda y'ubumwe n'ubudaheranwa mu karere ka Nyamsheke

Senateri Hadija Ndangiza Murangwa akaba n'umuyobozi wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererana n’Umutekano muri Sena y'u Rwanda ari kumwe na mugenzi we Senateri Evode Uwizeyimana bakiriwe n'umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse kuri uyu wa 04 Kamena 2025, aho bari baje mu karere  kugenzura ibikorwa mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no guteza imbere ubumwe n'ubudaheranwa bw'abanyarwanda. 

Ubuyobozi bw'akarere bwagaragarije abasenateri isura y'akarere mu bikorwa mu rwego rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no guteza imbere ubumwe n'ubudaheranwa bw'abanyarwanda, aho akarere muri rusange kadahagaze nabi, ariko nanone hakaba hari ibikwiye kurushaho kwihutishwa nk'uko umuyobozi w'akarere yabigarutseho agira ati:" Ibyagaragaye bitameze neza ntabwo dukwiye gutegereza raporo izakorwa ngo badusabe kugira icyo dukora, ahubwo tugiye gutangira nyuma y'ibi biganiro ibibazo bihari bishakirwe ibisubizo binyuze mu nshingano z'ihuriro n'ubundi buyobozi bwahagarariwe muri iyi nama."

Senateri Evode Uwizeyimana yasabye ko urubyiruko narwo rwatekerezwaho rukaba bamwe mu batumirwa mu bikorwa by'ihuriro ry'ubumwe n'ubudaheranwa bw'abanyarwanda, amara kandi impungenge abitabiriye inama ababwira ko abasenateri iki kibazo bamaze kukivuganaho na minisiteri y'uburezi, bikaba bitaganyijwe ko amateka ya jenoside azigishwa hakurikijwe ibyiciro by'abana mu mashuri kandi akigishwa n'abarimu bahawe amahugurwa. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->