Hon. Senateri Nyinawamwiza Laetitia yifatanyije n'abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
Hon. Senateri Nyinawamwiza Laetitia yifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Gihombo kuri uyu wa 20 Mata 2025 mu gikorwa cyo kwibuka jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Gihombo byabereye mu kagari ka Butare mu mudugudu wa Rwatsi ahubatse urwibutso rwa jenoside ruruhukiyemo abatutsi bazize jenoside bagera ku bihumbi 49000.
Benshi muri aba baruhukiye muri uru rwibutso bari bahungiye ku cyahoze ari komine ya Rwamatamu bahizeye ubuhungiro, nyamara ubuyobozi bwa Komini bubateza abicanyi, abo muri aka gace ndetse n'abaturutse ahandi.
Madamu Musabeyezu Jeannette warokokeye i Rwamatamu akaba yanatanze ubuhamya, yasobanuye uko abatutsi bo muri Rwamatamu bishwe urw'agashinyaguro batagira kivurira, bakicirwa kuri komini aho bari bahungiye bibwira ko barengerwa n'ubuyobozi nyamara bukabatsemba.
Hon. Senateri Nyinawamwiza Laetitia yahumurije abaturage b'umurenge wa Gihombo cyane cyane abacitse ku icumu n'abafite ababo baruhukiye mu rwibutso rwa jenoside rw'icyahoze ari Rwamatamu by'umwihariko, ababwira ko jenoside itazongera ukundi kubera ubuyobozi bwiza bureberera abanyarwanda bose.
Ati:" Urumuri rw'ikizere twacanye rukomeze rutubere urumuri rw'imiyoborere myiza, rube urumuri tuzahererekanya twese ku bazadukomokaho kuko dushaka u Rwanda rwiza, u Rwanda ruzira amacakubiri."
Yasabye abaturage b'akarere ka Nyamasheke gukomeza kugira uruhare mu ngamba leta y'u Rwanda yafashe zo kubaka ubumwe n'ubudaheranwa, abasaba kandi kuba hafi abarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
“Twibuke twiyubaka”
Igikorwa cyo Kwibuka 31 jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Gihombo mu mafoto












Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…