Ibiza, kimwe mu bibazo bihangayikishije akarere ka Nyamasheke n'igihugu muri rusange
Umuyobozi w'akarere wungirije Madamu Mukankusi Athanasie yakiriye umujyanama wa Minisitiri muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi (MINEMA) Bwana NGOGA Arstarque wagendereye akarere ka Nyamasheke mu rwego rwo kurebera hamwe n'ubuyobozi bw'akarere ibijyanye n'imicungire y'ibiza.
Akarere ka Nyamasheke kagaragarije Bwana Ngoga itsinda rishinzwe gukurikirana ibiza mu karere (district disaster command post) n'ibindi bikorwa byakozwe mu karere mu rwego rwo gukumira no gufasha abagizweho ingaruka n'ibiza. Mu kiganiro cy'akarere kandi hagaragajwe ibitarakorwa bifatwa nk'imbogamizi ku migendekere myiza yo gucunga ibiza.
Nyuma y'ikiganiro cyatanzwe n'akarere, Bwana Ngonga yatanze ikiganiro cyerekana muri rusange uko akarere ka Nyamasheke gahagaze ku bijyanye n'abagizweho ingaruka n'ibiza, imitungo n'ibikorwa remezo muri rusange, ashimira akarere ka Nyamasheke uko kitwara mu micungire y'ibiza kandi asaba ko hatabaho kudohoka.
Yagiye inama ku bijyanye n'itsinda rishinzwe imicungire y'ibiza mu karere, yerekana ko iryo tsinda rikeneye kongerwamo abandi bantu kugira ngo ribashe gukora neza.
Ku bijyanye n'imbogamizi z'ibikoresho bimwe na bimwe bikenerwa kugira ngo hagire ibisanwa mu byononwe n'ibiza, yijeje ko abikurikirana kugira ngo ibitaraboneka biboneke vuba.
Yasabye akarere kandi ko hagira ibinozwa mu buryo bukoreshwa umunsi ku wundi mu gutahura no gukurikirana ibiza kugira ngo amakuru ku biza ajye atangwa yuzuye neza.
Yasoje urugendo rwe asura ahagaragajwe nk'ahateye impungenge (Shangazi) bikaba bikwiye ko hagira igikorwa mu rwego rwo gukumira ko hazateza ibibazo mu minsi iri imbere.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…