Abakandida 9218 ni bo bari bitezwe gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cya mbere n'icya kabiri by'amashuri yisumbuye mu karere ka Nyamasheke
Ku isaha ya saa mbili n'igice (08:30) za mugitondo cy'uwa 09 Nyakanga 2025 ku kigo cy'ishuri cyitiriwe Umuryango Mutagatifu (Institut Sainte Famille Nyamasheke) ni bwo umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse yatangije ku mugaragaro ibizamini bisoza icyiciro cya mbere n'icya kabiri by'amashuri yisumbuye.
Umuyobozi w'akarere yasabye abana gukorana ubwitonzi kandi bagashishoza kugira ngo batsinde neza, abifuriza amahirwe no gutsinda. Ku masaha yavuzwe hejuru kandi ibizamini bisoza ibyiciro byombi by'amashuri yisumbuye byatangijwe mu yandi masantire y'ibizamini uko ari 34 hirya no hino mu karere ka Nyamasheke.
Abanyeshuri bagombaga gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cya mbere cy'amashuri yisumbuye ni 5598 bagizwe n'abahungu 2425 n'abakobwa 3173.
Mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye abagombaga gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye barimo abiga ubwarimu, ubuforomo n'ibaruramari bagera kuri 356 bagizwe n'abahungu 146 n'abakobwa 210. Hari kandi abiga mu mashuri y'imyuga n'ubumenyi ngiro bagera kuri 851 bagizwe n'abahungu 443 n'abakobwa 408.
Abandi bagombaga gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye batiga ibyavuzwe hejuru ni 2413 bagizwe n'abahungu 798 n'abakobwa 1615.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…