Abakandida 9218 ni bo bari bitezwe gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cya mbere n'icya kabiri by'amashuri yisumbuye mu karere ka Nyamasheke

Ku isaha ya saa mbili n'igice (08:30) za mugitondo cy'uwa 09 Nyakanga 2025 ku kigo cy'ishuri cyitiriwe Umuryango Mutagatifu (Institut Sainte Famille Nyamasheke) ni bwo umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse yatangije ku mugaragaro ibizamini bisoza icyiciro cya mbere n'icya kabiri by'amashuri yisumbuye.

Umuyobozi w'akarere yasabye abana gukorana ubwitonzi kandi bagashishoza kugira ngo batsinde neza, abifuriza amahirwe no gutsinda. Ku masaha yavuzwe hejuru kandi ibizamini bisoza ibyiciro byombi by'amashuri yisumbuye byatangijwe mu yandi masantire y'ibizamini uko ari 34  hirya no hino mu karere ka Nyamasheke.

Abanyeshuri bagombaga gukora ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cya mbere cy'amashuri yisumbuye ni 5598 bagizwe n'abahungu 2425 n'abakobwa 3173. 

Mu cyiciro cya kabiri cy'amashuri yisumbuye abagombaga gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye barimo abiga ubwarimu, ubuforomo n'ibaruramari bagera kuri 356 bagizwe n'abahungu 146 n'abakobwa 210. Hari kandi abiga mu mashuri y'imyuga n'ubumenyi ngiro bagera kuri 851 bagizwe n'abahungu 443 n'abakobwa 408. 

Abandi bagombaga gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye batiga ibyavuzwe hejuru ni 2413 bagizwe n'abahungu 798 n'abakobwa 1615. 


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->