Imiryango itanu itishoboye yarokotse jenoside yakorewe abatutsi yaremewe n'inama y'igihugu y'abagore mu karere ka Nyamasheke
Ku gicamunsi cy'uwa 17 Kamena 2025 ubwo akarere ka Nyamasheke kifatanyaga n'umurenge wa Kanjongo mu bukangurambaga bw'isuku n'isukura no kurwanya imirire mibi, inama y'igihugu y'abagore mu karere ka Nyamasheke (CNF) yaremeye imiryango itanu itishoboye yarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, aho buri muryango wahawe inyana.
Umuyobozi w'inama y'igihugu y'abagore Madamu Mukakabogora Anastasie yavuze ko igikorwa cyo kuremera abatishoboye barikotse jenoside yakorwe abatutsi bagifatiye kuri gahunda nzaza ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, nabo bakifuza gukora iki gikorwa mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya Girinka, umubano mu banyarwanda n'ubukungu muri rusange.
Imiryango yaremewe yishimiye iki gikorwa yizeza ko izi nka zizitabwaho kugira ngo zibashe kubafasha kwiteza imbere.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…