Ikibazo cy’ imirire mibi mu bana bato gikwiye kuvugutirwa umuti urambye

Kuri uyu wa 10 Nzeri 2021 hasojwe umwiherero w’ iminsi itanu wahuje inzego zitandukanye zirimo urwego rw’ Akarere, Ibitaro, n’ abafatanyabikorwa bafite aho bahuriye n’ ibikorwa byo kurwanya imirire mibi mu bana mu Karere ka Nyamasheke wateguwe ku bufatanye n’ Ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Imikurire y‘ Abana (NCDA) kibicishije mu Muryango ORORA WIHAZE uterwa ikunga na USAID

Uyu mwiherero wabaye umwanya mwiza wo gusuzuma ibikorwa byakozwe muri gahunda  y’ Akarere yo kurwanya Imirire mibi mu bana mu mwaka wa 2020-2021 ndetse no gutegurira hamwe gahunda y’ umwaka wa 2021-2022 harebwa ahakwiye kngerwa imbaraga kugira ngo iki kibazo kivugutirwe umuti mu buryo burambye.

Zimwe mu ngamba zafatiwe muri uyu mwiherero zirimo guhuza imbaraga z’ ubuyobozi bwite bwa Leta, iz’ abafatanyabikorwa batandukanye (Imiryango itegamiye kuri Leta, Inganda, Abanyamahoteli, abanyenganda,..) nta n’ umwe usigaye inyuma kugira ngo barwanye imirire mibi n’ igwingira mu bana bari munsi y’ imyaka itanu

Izi gahunda zirimo koroza imiryango igaragaramo imirire mibi no kubakangurira kurya ibikomoka ku matungo, kubafasha gukora imirima y’ igikoni no gutera ibiti by’ imbuto ndetse no kurushaho gukurikirana ko abana bagaragaweho  imirire mibi baivamo, gukangurira ababyeyi kujyana abana mu mareroro n’ ibindi.

Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza wayoboye uyu mwiherero yashimiye ubushake abafatanabikorwa bagaragaje nk’ umusanzu wo kurinda abanda imirire mibi n’ igwingira, avuga ko ari bizatuma bicika burundu maze tukagira Igihugu kizira abana bagwingiye.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->