Ikibazo cy’ imirire mibi mu bana bato gikwiye kuvugutirwa umuti urambye
Kuri uyu wa 10 Nzeri 2021 hasojwe umwiherero w’ iminsi itanu wahuje inzego zitandukanye zirimo urwego rw’ Akarere, Ibitaro, n’ abafatanyabikorwa bafite aho bahuriye n’ ibikorwa byo kurwanya imirire mibi mu bana mu Karere ka Nyamasheke wateguwe ku bufatanye n’ Ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Imikurire y‘ Abana (NCDA) kibicishije mu Muryango ORORA WIHAZE uterwa ikunga na USAID
Uyu mwiherero wabaye umwanya mwiza wo gusuzuma ibikorwa byakozwe muri gahunda y’ Akarere yo kurwanya Imirire mibi mu bana mu mwaka wa 2020-2021 ndetse no gutegurira hamwe gahunda y’ umwaka wa 2021-2022 harebwa ahakwiye kngerwa imbaraga kugira ngo iki kibazo kivugutirwe umuti mu buryo burambye.
Zimwe mu ngamba zafatiwe muri uyu mwiherero zirimo guhuza imbaraga z’ ubuyobozi bwite bwa Leta, iz’ abafatanyabikorwa batandukanye (Imiryango itegamiye kuri Leta, Inganda, Abanyamahoteli, abanyenganda,..) nta n’ umwe usigaye inyuma kugira ngo barwanye imirire mibi n’ igwingira mu bana bari munsi y’ imyaka itanu
Izi gahunda zirimo koroza imiryango igaragaramo imirire mibi no kubakangurira kurya ibikomoka ku matungo, kubafasha gukora imirima y’ igikoni no gutera ibiti by’ imbuto ndetse no kurushaho gukurikirana ko abana bagaragaweho imirire mibi baivamo, gukangurira ababyeyi kujyana abana mu mareroro n’ ibindi.
Umuyobozi w’ Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza wayoboye uyu mwiherero yashimiye ubushake abafatanabikorwa bagaragaje nk’ umusanzu wo kurinda abanda imirire mibi n’ igwingira, avuga ko ari bizatuma bicika burundu maze tukagira Igihugu kizira abana bagwingiye.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…