Ikigo iriba Shalom Rwanda (Nyabitekeri) cyasuwe n'ubuyobozi bw'akarere

Kuwa 24 Gashyatare 2025 umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage Madamu Mukankusi Athanasie yasuye Iriba Shalom Rwanda ho mu murenge wa Nyabitekeri.
Umuyobozi wungirije w'akarere akigera muri iki kigo  yakiriwe na Bwana Kabuyanda Nzaramba umuyobozi ikigo Iriba Shalom Rwanda ari kumwe n'umuyobozi w'umurenge wa Nyabitekeri Bwana Mudahigwa Felix. Bamutembereza ikigo, bamusobanurira uko abakecuru bitabwaho mu buzima bwa buri munsi.

Nyuma yo kwerekwa bimwe mu bifasha abakecuru kwitabwaho, umuyobozi wungirije w'akarere yabashimiye umurimo mwiza wo kwita kuri aba bakecuru kandi ajya inama kuri bimwe bikwiye kunozwa kurushaho.
Nyuma yo gutemberezwa, umuyobozi yahuye n'abakecuru baba muri iki kigo cy’amasaziro arabasuhuza. Bamwakiranye ibyishimo byinshi bamuririmbira uturirimbo tunyuranye.


Habayeho umwanya aganira nabo kandi arabakomeza abereka ko n'ubwo amateka mabi ya Jenoside yabasigiye ibikomere binyuranye, Leta y'ubumwe bw'abanyarwanda itari gutuma bakomeza kubaho nabi.
Ati: "ni yo mpamvu haba haratekerejwe ibikorwa nk'ibi kugira ngo mugire amasaziro meza. Ibi byose rero bigerwaho kubera imiyoborere myiza dukesha Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Paul Kagame. Muramuzi? Nabo bati: “ bati turamuzi!”

Uretse kwita kuri aba bakecuru, Iriba Shalom Rwanda ifite n'indi mishinga irimo kwigisha urubyiruko kudota aho 18 baheruka gusoza bose bahawe imashini zidoda. Iriba Shalom Rwanda kandi yigisha urubyiruko gukoresha mudasobwa mu rwego rwo kunganira Leta kuzamura umubare w'urubyiruko rufite ubumenyi mu ikoranabuhanga, abagera kuri 60 bakaba baramaze gusoza amasomo yabo. Si ibyo byonyine kuko Iriba Shalom Rwanda itera inkuga n’imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi aho yatanze amatungo maremare n’amagufi mu rwego rwo guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge n’isanamitima.


Umuyobozi w'akarere wungirije yasuye urubyiruko rugera kuri 20 rwatangiye ikiciro cya gatanu cyo kwiga kudoda rurimo abatewe inda zitateganijwe bakaba bafashwa na Iriba Shalom Rwanda kwiga umwuga wo kudoda kugira ngo babashe kwiteza imbere ariko baba mu b’imbere mu bafashamumvire b’ubumwe n’ubwiyunge n’isanamitima.
Umuyobozi wungirije w'akarere yashimiye uru rubyiruko ruri kwiga kudoda, ababwira ko ayo ari amahirwe bafite kuba Iriba Shalom Rwanda yarashyizeho uburyo nk'ubu bwo kubafashwa kwiga umwuga. Yababwiye ko n'ubwo harimo ababyaye mu buryo butateganyijwe ariko bagifite amahirwe yo kwiga uyu mwuga kandi ukabagirira akamaro, ati : “murasabwa kwirinda icyatuma mwongera gusama inda zitateganijwe kuko iri kimwe mu bibicira ejo hazaza.”


Iriba Shalom Rwanda ni umuryango udaharanira inyungu ugamije gufasha no komora ibikomere benshi mu barokotse jenoside yakorewe abatutsi, ukaba unagamije kwimakaza isanamitima n'ubumwe n'ubwiyunge. Nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe abatutsi Uwimana Denyse yagize igitekerezo cyo gushinga umuryango udaharanira inyungu Iriba Shalom Rwanda, ariko ntiyagarukira ku Rwanada gusa ashinga Iriba Shalom Mpuzamahanga wavuga ko Iriba Shalom Rwanda ari ho wakomotse, bityo ashinga ikigo cy'amasaziro ku bakecuru barokotse Jenoside mu murenge wa Nyabitekeri aho yari yarashatse mbere ya Jenoside kuko yasuraga abakecuru barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaganiraga mu buryo bw’isanamitima ariko akabona bidahagije hari ikindi gikwiye gukorwa mu rwego rwo kubafasha. Nibwo yagize igitekerezo cyo kububakira ikigo cy’amasaziro kuko yabonaga bakeneye kwitabwaho by’umwihariko mu buryo bwo gukomeza kubungabunga ubuzima bwabo, gufasha mu buryo bw'isanamitima, ubumwe n'ubwiyunge. Ibi byaje gukunda rero afatanyije n'abafatanyabikorwa bo mu mahanga no murwanda bubaka iki kigo cy'amasaziro y’abo bakecuru cya Iriba Shalom Rwanda. Muri rusange rero hariho Iriba Shalom Rwanda na Iriba Shalom Mpuzamahanga kubera ko igitekerezo kitagarukiye ku banyarwanda by'umwihariko ahubwo no gufasha abandi bafite ibibazo nk'iby'abanyarwanda banyuzemo bo mu mahanga. 


Umuyobozi wa Iriba Shalom Rwanda i Nyabitekeri Bwana Kabuyanda Nzaramba yavuze ko ibikorwa bya Iriba Shalom bigamije gushyigikira ibikorwa by’ubumwe n'ubwiyunge n’isanamitima, bityo ikaba n'impamvu hashyirwa imbaraga mu guhuza abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi n'abayikoze kugira ngo habeho ubwiyunge binyuze mu gusaba imbabazi ku bakoze Jenoside no kuzitanga kubayikorewe.

 

 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->