Ikipe y’Umurenge wa Mahembe yongeye guhagararira Akarere mu Mararushanwa Umurenge Kagame Cup mu bagabo.
Hashize igihe kitari gito buri mwaka hategurwa amarushanwa agamije kwimakaza imiyoiborere myiza yitiriwe Umukuru w’Igihugu “Umurenge Kagame Cup Competition” mu turere twose. Aya marushanwa yagiye aba umwanya mwiza wo gutambutsamo ubutumwa buhabwa ababbitabiriye iyi mikino ariko kandi bananasusuruka bakanidagadura.
Ubutumwa butandukanye butangwa bwibanda ku kwirinda inda z’imburagihe, kwirinda ibiyobyabwenge, kurwanya ruswa n’izindi gahunda nyinshi zireba cyane cyane urubyiruko kuko ari rwo mubare mwinshi ukunze kwitabira.
Mu Karere ka Nyamasheke kimwe n’ahandi , muri uyu mwaka aya marushanwa yatangiriye mu Murenge wa Nyabitekeri ku wa 01 Gashyantare 2019 ubwo hizihizwaga munsi w’Intwari z’Igihugu urugendo rukomeza imirenge igenda ihuzwa uko byateguwe.
Kuri uyu wa 17 Werurwe nibwo hakinwe imikino ya nyuma y’aya marushanwa ku rwego rw’Akarere maze ikipe y’Umurenge wa Mahembe itsinda iya Bushekeri ibitego 3-0 iba ari yo yegukana igikombe binayihesha amahirwe yo Kongera guhagararira Akarere mu Ntara y’Iburengerazuba muri aya marushanwa.
Mu bagore ikipe y’Umurenge wa Gihombo ni yo ihagarariye Akarere nyuma yo gusoza urugendo itsinze iy’Umurenge wa Kagano ku mukino utaboroheye kuko iminota 90 yarangiye nta n’imwe ibashije kureba mu izamu hakitabazwa penaliti maze Gihombo igatsinda 4-3 za Kagano.

Si ubwa mbere iyi kipe ya Mahembe igeze kure muri iri rushanwa kuko n’umwaka ushize yageze ku mukino wa nyuma ku rwego rw’Igihugu ikazagusezererwa n’iy’Umurenge wa Nyarugenge yo mu Karere ka Nyarugenge.






Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…