Ikipe y'abagore ya Mahembe yinjiye muri 1/2 cy'amarushanwa Umurenge Kagame Cup
Ikipe y'umurenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke ihagarariye intara y'Iburengerazuba yageze mu mikino ya ½ nyuma yo gukuramo ikipe y'umurenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yari ihagarariye intara y'Iburasirazuba mu bagore. Ni nyuma y'uko amakipe yombi anganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza wa ¼ wabereye mu karere ka Nyamasheke.
Uyu mukino wabonetsemo igitego kimwe rukumbi ku munota wa 16 w'igice cya mbere Mahembe ikomeza kuyobora umukino kugeza ku munota wa Nyuma w'umukino. Mu mikino ya ½ Mahembe izakina n'ikipe y'abagore ya Musanze ihagarariye intara y'amajyaruguru.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…