IKITURAJE ISHINGA NI ITERABERE N’IMIBEREHO MYIZA Y’UMUTURAGE

“Ikituraje ishinga ni iterambre n’imibereho myiza y’Umuturage” aya ni amagambo yavuzwe n’Umuyobozi w’Akarere ubwo yatangizaga umwiherero w’iminsi ibiri w’Abakozi b’Akarere bakorera ku karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ndetse n’ Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyamasheke bibumbiye mu ihuriro JADF JYAMBERE NYAMASHEKE wabereye mu karere ka Rubavu   ku wa 02-04 Nzeri 2016 Uyu Mwiherero nk’uko byavuzwe n’umuyobozi w’Akarere Bwana KAMALI Aimé Fabien wari ugamije kongera ikibatsi mu mikorere n’imikoranire kugira ngo hanozwe uburyo bwo guha serivise nziza umuturange ari we twese dukorera yaba abo mu buyobozi bwite bwa leta cyangwa abikorera.  Bwana Alexis SHIRIMPUMU Umuhuzabikobikorwa w’Umushinga wo guhanga imirimo idashingiye ku buhinzi (CORE) Ukorera muri Worl Vision nk’umwe mu bafatanyabikorwa w’Indashyikirwa yafashe umwanya ashimira ubufantanye buhebuje basanze mu Karere ka Nyamasheke. Yaboneyeho kwerekana bimwe mu bikorwa byagezweho ku bufatanye bw’uyu  mushinga n’Akarere  birimo guhugura amatsinda y’Urubyiruko n’abagore guhanga imirrimo idashingiye ku buhizi ndetse bakanabaha ibikoresho bitandukanye byo gukora iyo mirimo birimo imashini zibaza, izidoda, mudasobwa n’ibindi byinshi. Umuhuzabikorwa w’Umushinga  HEIFER   INTERNATIONAL mu turere twa Nyamasheke na Rusizi na we witabiriye uyu mwiherero yashimiye Akarere uburyo kaborohereza  muri gahunda zabo zo gushyigikira ubworozi harimo koroza abatishoboye no gufatanya mu buvuzi bw’amatungo ndetse no kunoza uburyo bwo gucuruza ibikomoka ku matungo(amata). Abakozi n’abafatanyabikorwa bafashe akanya barebera hamwe ibitagenda neza bafata n’ingamba zo kubinoza harebwa cyane ku nyungu z’umuturage. Abakozi n’abafatanyabikorwa bafashe n’umwanya wo gusura bimwe mu bikorwa remezo byo mu karere ka Rubavu aho basuye umuhanda wakozwe n’amabuye aconze neza yakozwe n’imashini iri muri ako karere mu rwego rwo kubigiraho ngo barebe icyo bakorera imihanda yo mu karere ka Nyamasheke. Ubwo yasozaga iyi minsi 2 y’umwiherero, mu izina ry’Umuyobozi w’Akarere, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe ubukungu Bwana NTAGANIRA Josué Michel yashimiye abakozi n’abafatanyaikorwa ku bitekerezo byiza kandi byubaka batanze anabasaba ko imyanzuro yawufatiwemo yava mu mpapuro maze igashyirwa mu bikorwa muri rwa rwego rwo kwita ku muturage.   TUYIZERE Jacques PRMCO/NYAMASHEKE

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->