Imbuto Foundation yahembye abakobwa bitwaye neza
Kuri uyu wa 26/03/2017 mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke Imbuto foundation yahembye abana b’Abakobwa batsinze neza mu bizamini bya leta (Amashuri abanza, ikiciro rusange n’igisoza amashuri yisumbuye)baturutse mu turere twa Nyamasheke,Rusizi na Karongi
Umuhango wayobowe na Nyakubahwa Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA Dr. NZAHABWANIMANA Alexis, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Abayobozi b’Akarere Bungirije bombi, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage , Umuyobozi w’Ingabo mu karere hamwe na delegation yaturutse mu mbuto iyobowe na Deputy DG John NTIGENGWA.
Yaba Dr Berthe na Major Rose URUJENI batanze ubuhamya bwa’aho bigegeje, bose bakanguriye abana b’abakobwa gutinyuka bakabona ko nta cyabananira bagishyizeho umutima banasaba imiryango kubitaho cyane.
Mu butumwa nyaukuru bw’uyu munsi, Nyakubahwa Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA Dr. NZAHABWANIMANA Alexis yagarutse ku mpamvu zitandukanye zituma umwan aw’Umukobwa asigara inyuma. Yavuze ko ku bijyanye n’amategeko mu Rwanda tumaze kugera kur byinshi ariko ko hakiri imbogamizi mu myumvire aho usanga imirimo imwe n’imwe yarabaye iy’abakobwa. Yasabye ababyeyi gutanga urugero rwiza ku bana babo kugira ngo batazakura azi ko ari ko bigenda. Aha yatanze urugeo agira ati “sinumva impamvu imirimo imwe n’imwe yaharirwa abakobwa mu gihe abahungu bigaramiye, kuki ari ihame ko umwana agomba guhekwa na nyina gusa kdi na se afite umugongo? Tugoma guhindura imyumvire. Kuki se buri gihe abakobwa bahora bategerereje ubuzima ku bahungu cyane cyane mu gihe cyo kubaka urugo? Kuki wumva wajya mu nzu ari uko ari we uyubatse?
Abana bahembwe ashimiye Nyakubajwa Perezida wa Repubulika by’umwihariko Madamu we Jeannette KAGAME uburyo adahwema kugaragaza ko umwana w’umukobwa ashoboye ndetse akanabashyigikira mu buryo bumwe ndetse n’ubundi dore ko ari na we muyobozi Mukuru wa Imuto Foundation.
Hahembwe abana 26 bahabwa bimwe mu bikoresho by’ishuri abandi bahabwa mudasobwa ngendanwa.
TUYIZERE Jacques
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…