Imbuto Foundation yahembye abakobwa bitwaye neza

Kuri uyu wa 26/03/2017 mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke Imbuto foundation yahembye abana b’Abakobwa batsinze neza mu bizamini bya leta (Amashuri abanza, ikiciro rusange n’igisoza amashuri yisumbuye)baturutse mu turere  twa Nyamasheke,Rusizi na Karongi

Umuhango wayobowe na Nyakubahwa Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA Dr. NZAHABWANIMANA Alexis, ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Abayobozi b’Akarere Bungirije bombi, Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Wungirije Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage , Umuyobozi w’Ingabo mu karere  hamwe na delegation yaturutse mu mbuto iyobowe na Deputy DG John NTIGENGWA.

Yaba Dr Berthe na Major Rose URUJENI batanze ubuhamya bwa’aho bigegeje, bose bakanguriye abana b’abakobwa gutinyuka bakabona ko nta cyabananira bagishyizeho umutima banasaba imiryango kubitaho cyane.

Mu butumwa nyaukuru bw’uyu munsi, Nyakubahwa Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA Dr. NZAHABWANIMANA Alexis yagarutse ku mpamvu zitandukanye zituma umwan aw’Umukobwa asigara inyuma. Yavuze ko ku bijyanye n’amategeko mu Rwanda tumaze kugera kur byinshi ariko ko hakiri imbogamizi mu myumvire aho usanga imirimo imwe n’imwe yarabaye iy’abakobwa. Yasabye ababyeyi gutanga urugero rwiza ku bana babo kugira ngo batazakura azi ko ari ko bigenda. Aha yatanze urugeo agira ati “sinumva impamvu imirimo imwe n’imwe yaharirwa abakobwa mu gihe abahungu bigaramiye, kuki ari ihame ko umwana agomba guhekwa na nyina gusa kdi na se afite umugongo? Tugoma guhindura imyumvire. Kuki se buri gihe abakobwa bahora bategerereje ubuzima ku bahungu cyane cyane mu gihe cyo kubaka urugo? Kuki wumva wajya mu nzu ari uko ari we uyubatse?

Abana bahembwe ashimiye Nyakubajwa Perezida wa Repubulika by’umwihariko Madamu we Jeannette KAGAME uburyo adahwema kugaragaza ko umwana w’umukobwa ashoboye ndetse akanabashyigikira mu buryo bumwe ndetse n’ubundi dore ko ari na we muyobozi Mukuru wa Imuto Foundation.

Hahembwe abana 26 bahabwa bimwe mu bikoresho by’ishuri abandi bahabwa mudasobwa ngendanwa.

 

TUYIZERE Jacques


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->