Imikino y’intoki ntiyahiriye amakipe yaserukiye akarere mu marushanwa y’Umurenge Kagame Cup
Akarere ka Nyamasheke kaserukiwe n’amakipe 10 mu mikino ya nyuma y’Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’intara y’Iburengerazuba. Iyi mikino yatangijwe ku mugaragaro na Guverineri w’intara y’Iburengerazuba Bwana Ntibitura Jean Bosco, ikaba yahuje amakipe aturutse mu turerere tugize iyi ntara.
Muri rusange amakipe yahagarariye akarere ka Nyamasheke mu mikino y’intoki ntabwo yabashije kugera kure kuko izahanyanyaje mu makipe y’abagore zagarukiye ku mukino wa Nyuma.
Mu yindi mikino nko gusiganwa ku magare, abahagarariye akarere bitwaye neza kuko 2 muri batatu bazakomeza mu 10 bitwaye neza, bakazahagararira Intara ku rwego rw’igihugu.
Si mu magare bitwaye neza gusa kuko no mu mikino yo gusiganwa ku maguru mu ntera zinyuranye no gusimbuka urukiramende, abahagarariye Nyamasheke bitwaye neza babasha gutsindira imidari.
Nyuma y’uko umunsi wa mbere utagenze neza nk’uko byifuzwaga, amaso ahanzwe ikipe y’abagore ya Mahembe yagaragaje ubudahangarwa imbere y’amakipe yose bahuye. Ikipe ya Mahembe ihagarariye akarere ka Nyamasheke izacakirana n’ikipe Murunda ihagarariye akarere ka Rutsiro.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…