Imiryango 117 yasenyewe n’ Ibiza yashyikirijwe inzu
Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2022, imiryango 117 yo mu Murenge wa Bushekeri yashyikirijwe inzuyubakiwe nyuma y’ uko ihuye n’ ibiza byatewe n’ imvura nyinshi yo muri Gicurasi 2021 yatumye ubutaka butwarwa n’ inkangu, amazu y’ aba baturage akangirika bikomeye ariko ku bw’ Amahirwe nta muturage wahasize ubuzima.
Minisitiri w’ Ibikorwa by’ Ubutabazi Kayisire Marie Solange wari kumwe na Guverineri w’ Intara y’ Iburengerazuba ubwo batahaga izi nzu, bashimiye abaturage uburyo bihanganye bakitwara neza ubwo bahuraga n’ Ibiza, kugeza uyu munsi bahabwa inzu basabwa gukomeza kuzibungabunga bazikorera amasuku kugira ngo zitangirika vuba.
Minisitiri yakomeje kwibutsa abaturage ko bakwiye gukomeza kwita ku bikorwa bitandukanye byo kurwanya ibiza kugira ngo aho bishoboka byirindwe kugira ngo abantu bekuhasiga ubuzima no kuhatakariza imitungo.
Abaturage batujwe muri aya mazu barashimira ubuyobozi bwiza bw’ Igihugu bwabazirikanye igihe bari mu kaga, bukabafasha mu gihe cyari kibakomereye kugeza ubwo batujwe mu nzu zijyane n’ igihe ndetse ziruta izajyanwe n’ Ibiza.
Usibye izi nzu 117 zatashywe uyu munsi mu Karere hose uyu mwaka urangiye wa 2021-2022 hubakiwe imiryango 166 yahuye n’ Ibiza.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…