Inama Njyanama yemeje ingengo y’imari ivuguruye ya 2016-2017
Kuri uyu wa 16 Gashyantare 2017 habaye Inama idasanzwe y’Inama Njyama y’Akarere ka Nyamasheke yari ifite ku murongo w’ibyigwa ingingo imwe yo kwemeza ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2016-2017 nk’uko byasobanuwe na Visi perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke Bwana Léonce NDASHIMYE.
Nk’uko byasobanuwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo akaba n’Umugenga w’Ingengo y’Imari Bwana NIYIBIZI NTABYERA Hubert, kuvugurura ingengo y’imari biterwa n’uko haba hagiye haboneka impinduka hagati mu mwaka hakagira bimwe mu bikorwa bitari byateganyijwe bba ngombwa ko bikorwa cyangwa se bimwe mu byateganyijwe biba ngombwa ko bihinduka bityo bikaba ngombwa ko haba impinduka hagati mu mwaka.
Hashingiwe kuri izo mpinduka rero, uyu munsi hatowe ingengo y’imari ivuguruye ingana n’Amafaranga y’u Rwanda miliyari makumyabiri, miliyoni magana abiri na mirongo ine, ibihumbi magana ane n’icyenda na maganaatatu na cumi n’ane (20,240,409,314 Rwf) mu gihe ingengo y’imari yari iteganyijwe mu ntangiriro z’umwaka ari Miriyari cumi n’umunani, miriyoni mirongo itatu n’imwe ibihumbi magana abiri na cumi na magana ane na mirongo ine n’atandatu (18,031,210,446 Rwf) Hakaba harimo ikinyuranyo cya miliyari ebyirimiriyoni magana abiri n’icyenda ibihumbi ijana na mirongo icyenda n’umunani na magana inani na mirongo itandatu (2,209,198,868 Rwf) azakoreshwa muri bimwe mu bikorwa bizakorwa bitari biteganyijwe ndetse n’ibindi by’iterambere.
TUYIZERE Jacques
PRMCO/Nyamasheke District
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…