Iyo tubona inkotanyi zikiriho, ibyongibyo bikomeza kutwubakamo icyizere cy'ejo hazaza heza
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 by'umwihariko mu murenge wa Karengera ihibukwaga jenoside yakorewe abatutsi kuri uyu wa 27 Mata 2025, umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yafashe mu mugongo kandi ahumuriza abacitse ku icumu bafite ababo baruhukiye mu rwibutso rwa jenoside rw'umurenge wa Karengera.
Yavuze ko kwibuka ari umwanya wo kunamira no gusubiza agaciro abazize jenoside yakorewe abatutsi, ukaba umwanya kandi wo gukora ibindi bikorwa hagamijwe ko jenoside itazongera kubaho ukundi.
Yagaragaje ko abakoze jenoside babazwa n'uko batageze ku mugambi mubisha wabo 100% ari nayo mpamvu bibatera ipfunwe, bakaba bashaka ubuyo bwose bwo guhora bayipfobya no kiyihakana.
Agira icyo asaba urubyiruko n'abandi bitabiriye iki gikorwa cyo Kwibuka31, yagize ati:" Rubyiruko muteraniye hano nabonye kandi mugize umubare munini uri hano, kubaka u Rwanda rutajegajega, ni ukubaka ubumwe bw'abanyarwanda. Inyigisho mbi mushobora kubona hirya no hino, turabizi neza ko mwahawe uburenganzira bwo kwiga butuma buri wese agira ubushobozi bwo gusesengura ibyo abwirwa, ibyo abona ndetse n'ibyo yumva aho ari ho hose.… Iyo tubona rero inkotanyi zikiriho, ibyongibyo bikomeza kutwubakamo icyizere, twagihuza n'amagambo meza n'umugambi twabonye urubyiruko rufite binyuze mu muvugo twagejejweho n'uriya mwana, bigakomeza kuduha icyizere. Iyo dufite icyizere cy'igihugu, umutekano, imiyoborere myiza, bituma twizera ko dufite igihugu gifite ejo hazaza heza."
Igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu murenge wa Karengera cyitabiriwe na komite nyobozi y'akarere ka Nyamasheke, abagize komite y'umutekano y'akarere itaguye, umuyobozi wa Ibuka mu karere ka Nyamsheke n'abandi bashyitsi mu nzego zinyuranye.
Urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa Karengera ruruhukiyemo abagera ku 141 bazize jenoside yakorewe abatutsi, aba bakaba bari bahungiye ku cyahoze ari Komine Karengera ndetse na Paruwasi Gatolika ya Mwezi ariko bose bakicwa nta kirengera.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…