Iyo tubona inkotanyi zikiriho, ibyongibyo bikomeza kutwubakamo icyizere cy'ejo hazaza heza

Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 by'umwihariko mu murenge wa Karengera ihibukwaga jenoside yakorewe abatutsi kuri uyu wa 27 Mata 2025, umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yafashe mu mugongo kandi ahumuriza abacitse ku icumu bafite ababo baruhukiye mu rwibutso rwa jenoside rw'umurenge wa Karengera. 

Yavuze ko kwibuka ari umwanya wo kunamira no gusubiza agaciro abazize jenoside yakorewe  abatutsi, ukaba umwanya kandi wo gukora ibindi bikorwa hagamijwe ko jenoside itazongera kubaho ukundi. 

Yagaragaje ko abakoze jenoside babazwa n'uko batageze ku mugambi mubisha wabo 100% ari nayo mpamvu bibatera ipfunwe, bakaba bashaka ubuyo bwose bwo guhora bayipfobya no kiyihakana. 

Agira icyo asaba urubyiruko n'abandi bitabiriye iki gikorwa cyo Kwibuka31, yagize ati:" Rubyiruko muteraniye hano nabonye kandi mugize umubare munini uri hano, kubaka u Rwanda rutajegajega, ni ukubaka ubumwe bw'abanyarwanda. Inyigisho mbi mushobora kubona hirya no hino, turabizi neza ko mwahawe uburenganzira bwo kwiga butuma buri wese agira ubushobozi bwo gusesengura ibyo abwirwa, ibyo abona ndetse n'ibyo yumva aho ari ho hose.… Iyo tubona rero inkotanyi zikiriho, ibyongibyo bikomeza kutwubakamo icyizere, twagihuza n'amagambo meza n'umugambi twabonye urubyiruko rufite binyuze mu muvugo twagejejweho n'uriya mwana, bigakomeza kuduha icyizere. Iyo dufite icyizere cy'igihugu, umutekano, imiyoborere myiza, bituma twizera ko dufite igihugu gifite ejo hazaza heza."

Igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu murenge wa Karengera cyitabiriwe na komite nyobozi y'akarere ka Nyamasheke, abagize komite y'umutekano y'akarere itaguye, umuyobozi wa Ibuka mu karere ka Nyamsheke n'abandi bashyitsi mu nzego zinyuranye.

Urwibutso rwa jenoside yakorewe abatutsi rwa Karengera ruruhukiyemo abagera ku 141 bazize jenoside yakorewe abatutsi, aba bakaba bari bahungiye ku cyahoze ari Komine Karengera ndetse na Paruwasi Gatolika ya Mwezi ariko bose bakicwa nta kirengera. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->