Jenoside yakorewe Abatutsi yateguranywe imbaraga , guhangana n’ingaruka zayo nabyo bisaba imbaraga
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’Icyunamo kuri uyu wa 13 Mata 2019, abayobozi batandukanye bafashe ijambo bagarutse ku bukana bukana bukabije bwateguranywe jenoside n’imbaraga zakoreshejwe mu kuyishyira mu bikorwa maze bigatuma ihitana imbaga y’Abanyarwanda basaga miliyoni.
usibye imbaraga jenoside yakorwanywe ariko abenshi mu bayirokotse barishimira intabwe bamaze gutera muri iyi myaka 25 ishize bakanashima ubuyobozi bwiza bubafashije kubana n’abandi nk’Abanyarwanda nta kuvangura uko ari ko kose.
Pasteur Muremangingo René warokotse jenoside yakorewe abatutsi mu buhanmya yatanze yavuze ku rugendo rukomeye yakoze mbere ya jenoside azira ko yari mu bwoko bwise abatutsi, akabuzwa kwiga ariko Imana ikaza kumufasha nyuma yo gutsinda inshuro nyinshi atemererwaq akaz kujya kwiga muri Kaminuza I Kigali. Avuga urugendo rugoye yakoze muri jenoside ariko Imana ikaza kumurokora. Kuri ubu rero Pasteur Muremangingo René amaze kubyara abana benshi ndetse afite n’umukumbi ayobora mui gihe yariyarabujijwe amahirwe yo kujya mu iseminari nto ngo nta burere yagize nta cyo yazamarira abandi.
Pasteur René avuga ko u Rwanda ruzatera imbere kubera amashami yashibutse muri ayo mateka yose anaboneraho gusaba ababyeyi kurushaho konsa abana ineza n’urukundo niba bajkneye kubaka u Rwanda ruzira jenoside n’ingenjgabitekerezo yayo. Ati “aba bana banjye nabyaye, babatoje ibintu bikurikira : ubupfura, ubunyangamugayo n’urukundo.
Hon Senateri Mushinzimana Aponinnaire wari umushyitsi Mukuru kuri uyu munsi na we yibukije ko jenoside yateguranwe ubuakana n’ingirwabanyabwenge bityo ko iyo myumvire ikwiye gukosorwa na none n’abanyabwenge ariko noneho buzima maze tukubaka u Rwanda ruzima.
Imihango yo gusoza iki cyumweru yakorewe mu Murenge wa Kanjongo ibimburirwa n’urugendo rwo kwibuka rwahereye muri santere ya Tyazo no mu Kabuga rwerekeza ku rwibutso rwa jenoside rwa Kibogora aho bunamiye imibiri 4996 iharuhukiye banacana urumuri rw’Ikizere nyuma ibiganiro bikomereza ku Biro by’ Umurenge wa Kanjongo ahahoze ari Komini Kirambo.








Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…