Karengera : Hatangijwe icyumweru cy’Ubufasha mu by’amategeko

Nk’uko byateguwe na Minisiteri y’Ubutabera, mu Nteko z’Abaturage zo kuri uyu wa kabiri tariki ya 22/01/2019, hirya no hino mu tugari hatangirijwe icyumweru cyahariwe Gutanga Ubufasha mu by'Amategeko ku nsanganyamatsiko igira iti "Rangiza inshingano zawe ushyira mu ibyemezo by'inkiko" cyatangiye ku wa 21-25/01/2019. Mu Karere ka Nyamasheke Ibikorwa byo gutangiza iki cyumweru byakorewe mu Mirenge yose aho Abayobozi, Intumwa za Minisiteri y'Ubutabera hamwe n'inzego z'Umutekano bifatanyije n'abaturage. Ku rwego rw’Akarere cyatangirijwe mu Murenge wa Karengera Akagari ka Mwezi aho Umuyobozi w'Akarere Kamali Aimé Fabien ari kumwe n' Umuyobozi w'Itorero ry'Igihugu Bamporiki Edouald nk'Intumwa ya Minisiteri y' Ubutegetsi bw'Igihugu, Inzego z'Umutekano n'Umuhuzabikorwa w’Inzu y’Ubufasha mu by’Amategeko “MAJ” Nyirahakuzimana Colette mu Karere bafatanyije n'Abaturage. Nyuma yo gusobanurirwa ibikubiye mu Mategeko, Umuyobozi w'Itorero ry'Igihugu Bamporiki Edouald wari n’Umushyitsi Mukuru kuri uyu munsi yaganiriye n’Abaturage maze abasaba kwimakaza umuco w’Urukundo kuko utuma badasiragira mu manza bakiteza imbere. Yasabye kandi abaturage kutirengagiza ibikubiye mu mateko kuko aba yarashyiriweho kuibahirizwa no korohereza Igihugu kugera ku ntego cyihaye. Bamporiki yagarutse cyane ku ngingo yo kwandikisha abana bavuka no kwandukuza abapfuye, kugira ngo bijye bishingirwaho mu igenamigambi ry’Igihugu. Ati “iyo utandikishije umwana wabyaye, Igihugu ntikibasha kumenya abaturage bacyo bityo ntikibashe no kubateganyiriza. Urugero natanga ni nk’amashuri twubaka, inking zihabwa abana n’ibindi, ibyo byose iyo tubikoze hatitawe ku mibare nyayo, turibeshya ugasanga hari abo tutabaze bityo bimwe twateguye ntibibashe kubakwira hakabaho gusaranganya biturutse gusa kuri wowe utandikishije umwana”. Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu yanakomoje ku itegeko ry’ icuruzwa n'ikoreshwa ibiyobyabwenge, yibutsa abantu ko nta terambere ry’Igihugu wategereza ku muntu wayobye ubwenge; abasaba kubigendera kure. Yanasobanuye itegeko ryo kurwanya icuruzwa by'abantu, uburyo bwo gutanga ubufasha mu by'amategeko, ibyerekeranye n'irangizwa ry imanza. Nyuma y’ibiganiro abaturage bahawe umwanya babaza ibibazo bifitanye isano n’amategeko, Ubuyobozi bufata umwanya wo kubyumva no kubisesengura, ibidahawe ibisubizo muri ako kanya bihabwa umurongo n’igihe bizasubirizwa. Muri iki cyumweru cyatangiye ku wa 21 kikazasozwa ku wa 25 Mutarama 2019 Abanayamategeko b’Akarere hamwe n’Intumwa za Minisiteri y’Ubutabera bazagera hirya no hino mu mirenge basobanurire Abaturage amategeko banabafashe kurangiza imanza cyane cyane zirangizwa ku neza.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->