KAYUMBA Euphrem :Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere mushya

Kuri uyu wa 08 Gicurasi 2017 mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke, Umuyobozi w’Akarere Bwana KAMALI Aimé Fabien yakiriye indahiro y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa  mushya w’Akarere ka Nyamasheke hanakorwa ihererekanyabubasha hagati y’Uwari y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo Bwana  NIYIBIZI NTABYERA Hubert akaba ari Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange.

Ubwo yakiraga iyi ndahiro, Umuyobozi w’Akarere Bwana KAMALI Aimé Fabien, yashimiye Bwana NIYIBIZI NTABYERA Hubert wakoze imirimo ye neza akanarenzaho iyo gusigara mu cyuho cy’ Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ubwo uwari uriho Bwana HABIYAREMYE Pierre Célestin yari amaze kugirirwa ikizere akagirwa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba. Yashimiye kandi abakozi muri rusange batahwemye kugaragaza ubufatanye kugira ngo bese imihigo. Yifurije ishya n’ihirwe KAYUMBA Euphrem mu mirimo mishya amwizeza ubufatanye bwa buri gihe kdi amumara impungenge kuko asanze itsinda ryiza. Yamusabye gukomeza kurinda ibyagezweho no kurushaho gukorana neza n’abo asanze kugira ngo hirindwe icyo ari cyose cyatuma akazi kadakorwa neza.

Mu ijambo rye , Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere Bwana KAYUMBA Euphrem yavuze ko ashimira Leta kubera Imiyoborere Myiza anasaba ko bakomeza ubufataye byose biganisha ku Iterambere n’ mibereho myiza y’Umuturage. Yashimye ko adatangiriye ku busa ahereye ku byo yahawe mu ihererekanyabubasha, yizeza ko bazagera kuri byinshi bafatanyije.

 

TUYIZERE Jacques

Public Relations, Media and Communication Officer


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->