Ku munsi w’Umugore Abaturage ba Gihombo banamurikiwe Komite nyobozi nshya

Kuri uyu wa 8 Werurwe hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’Umugore ku rwego rw’Akarere ka Nyamasheke wizihirizwa mu murenge wa Gihombo. Uyu munsi waranzwe n’ibyishimo birimo kwerekana ko umugore na we abishoboye. Abagore bamuritse bimwe mu bituruka mu mbaraga zabo bimwe bikomoka ku buhinzi, ubworozi ndetse n’ubukorikori. Afata ijambo, TWAYINGANYIKI INGABIRE Fides wari uhagarariye Intara y’Uburengerazuba mu nama y’Igihugu y’Abagore yafashe umwanya wo gusobanura amavu n’amavuko y’Umunsi mpuzamahanga w’Umugore aho yavuze ko mu Rwanda wizihijwe ku nshuro yawo ya 45. Mu gitaramo Mvarugamba na Njyarugamba, abagore bafashe umwanya bagaragaza imihigo besheje banaboneraho guhiga indi bazahigura ku munsi mpuzamahanga w’Umugore wo mu cyaro uba mu kwezi k’ Ukwakira. Bahize kugira isuku, kugabanya umubare w’Abana bata ishuri, kwibumbira mu ma koperative no gukomeza umuco wo kugana ibigo by’imari no kuzigama. Mu ijambo rye umuyobozi wa police mu karere ka Nyamasheke BYUMA Paul, yashimye byimazeyo ababyeyi kuko ari bo twese dukomokaho ndetse bakaba banagira uruhari rushoboka mu burere bw’Abana. Aha yaboneyeho kubasaba gukomeza guhangana n’abakomeje ingeso yo gucuruza abantu biyambika uruhu rw’intama imbere ari ibirura. Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wari n’umushyitsi mukuru, Bwana Aimée Fabien KAMALI, yashimye uruhare rw’abagore mu iterambere ry’igihugu anabasaba gukomeza umurava. Yabasabye kandi gukora ibishoboka byose bakagabanya umubare w’Abana bata amashuri ndetse nka ba mutima w’Urugo bakitabira ubwisungane mu kwivuza bakavana umurenge wa Gihomo ku mwanya uriho ukazamuka. Abaturage ba Gihombo baboneyeho umwanya wo kwakira komite nyobozi nshya dore ko ari na wo murenge wa mbere batangiriyemo biyereka abaturage. Abaturage babakiranye ubwuzu banabizeza ubufatanye mu buryo bwose muri iyi manda y’imyaka itanu bahamagariwe gukora barangaje imbere Indongozi za Nyamasheke.         TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communications Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->