Kuba abaganga barageze aho kwica abarwayi cyangwa bagenzi babo, byatewe n'icengezamatwara ry'ingengabitekerezo ya jenoside
Mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 kuri uyu wa 12 Gicurasi 2025 mu bitaro by'intara bya Bushenge, by'umwihariko ahibukwaga abahoze ari abakozi, abarwayi, abarwaza n'abandi bari bahungiye mu bitaro bakahicirwa muri Jenoside kandi hari abaganga babigizemo uruhare, umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yagaye abaganga bijanditse mu bwicanyi bwa jenoside yakorewe abatutsi, bakica abari abakiliya b'ibitaro/babo ndetse bikanarenga bakica bagenzi babo b'abaganga, kandi mu mwuga barahirira kuzasigasira ubuzima bw'ababagana. Ati:" ibi bigaragaza ubukana jenoside yakoranywe kandi bikaba byaturutse ku icengezamatwara ry'ingengabitekerezo ya Jenoside yari yaramunze ubutegetsi bwateguye kandi bugashyira mu bikorwa jenoside.
Yasabye urubyiruko kurebera ku bahoze ari ingabo za RPA kuko aho igihugu kigeze ari ubwitange bwaranze izo ngabo zari urubyiruko rwifitemo urukundo rw'igihugu n'ubumwe bw'abanyarwanda. Ati: “Ubwo bumwe ni bwo bwashyizwe imbere mu kongera kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi. Kuba tubona urubyiruko hano biraduha icyizere ariko twibaza uko byagenze kugira ngo uyu munsi mube mubasha gukora akazi mu mutekano? Byavuye mu ngufu n'amaraso y'ababiharaniye. Urubyiruko rukwiye kureba imbere kandi rukumva ko rufite inshingano zo kongera kubaka umwuga w'ubuganga n'indi myuga bijyana, kugira ngo ntituzongere kumva amateka ya jenoside nk'ayo dusanga hirya no hino mu bitaro n'ibigo by'ubuvuzi byakorewemo Jenosode."
"Twibuke twiyubaka!"






Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…