Kuba abaganga barageze aho kwica abarwayi cyangwa bagenzi babo, byatewe n'icengezamatwara ry'ingengabitekerezo ya jenoside

Mu kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 kuri uyu wa 12 Gicurasi 2025 mu bitaro by'intara bya Bushenge, by'umwihariko ahibukwaga abahoze ari abakozi, abarwayi, abarwaza n'abandi bari bahungiye mu bitaro bakahicirwa muri Jenoside kandi hari abaganga babigizemo uruhare, umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse  yagaye abaganga bijanditse mu bwicanyi bwa jenoside yakorewe abatutsi, bakica abari abakiliya b'ibitaro/babo ndetse bikanarenga bakica bagenzi babo b'abaganga, kandi mu mwuga barahirira kuzasigasira ubuzima bw'ababagana.  Ati:" ibi bigaragaza ubukana jenoside yakoranywe kandi bikaba byaturutse ku icengezamatwara ry'ingengabitekerezo ya Jenoside yari yaramunze ubutegetsi bwateguye kandi bugashyira mu bikorwa jenoside. 

Yasabye urubyiruko kurebera ku bahoze ari ingabo za RPA kuko aho igihugu kigeze ari ubwitange bwaranze izo ngabo zari urubyiruko rwifitemo urukundo rw'igihugu n'ubumwe bw'abanyarwanda. Ati: “Ubwo bumwe ni bwo bwashyizwe imbere mu kongera kubaka igihugu nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi. Kuba tubona urubyiruko hano biraduha icyizere ariko twibaza uko byagenze kugira ngo uyu munsi mube mubasha gukora akazi mu mutekano? Byavuye mu ngufu n'amaraso y'ababiharaniye. Urubyiruko rukwiye kureba imbere kandi rukumva ko rufite inshingano zo kongera kubaka umwuga w'ubuganga n'indi myuga bijyana, kugira ngo ntituzongere kumva amateka ya jenoside nk'ayo dusanga hirya no hino mu bitaro n'ibigo by'ubuvuzi byakorewemo Jenosode." 

"Twibuke twiyubaka!"


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->