Kugira ubumenyi ku gukumira no kurwanya inkongi z'umuriro ni ingenzi ku bakozi b'akarere

Ku wa 13 Gicurasi 2025 abakozi b'akarere bahuguwe ku gukumira no kurwanya inkongi z'umuriro. Aya mahugurwa yatanzwe n'ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya, gukumira inkongi z'umuriro no gutanga ubundi butabazi rizwi mu ndimi z'amahanga nka “Fire and rescue brigade”. 

Muri aya mahugurwa yari yitabiriwe n'abakozi bakorera ku biro by'akarere mu byiciro byabo binyuranye, hatanzwe inyigisho ku bintu bitatu by'ingenzi bituma hashobora kubaho inkongi z'umuriro ari byo ubushyuhe (heat), igishya (fuel) n'umwuka wa “Oxygen”, basobanurirwa ko iyo kimwe kibuze muri ibyo bitatu biba bidashoboka ko habaho inkongi z'umuriro. 

Mu buryo bwo guhangana n'inkongi z'umuriro kandi, abahuguwe basobanuriwe ko inkongi y'umuriro irwanywa hashingiwe ku bwoko bw'igishya, bityo hakaba hagomba kwifashishwa ibikoresho byabugenewe mu guhangana n'inkongi. 

Muri rwego rwo kumenya neza uburyo bwo guhangana n'inkongi z'umuriro bitewe n'ubwoko bw'igishya, amahugurwa yari agizwe n'ibyiciro bibiri aho abahugurwa babanje gukurikira isomo ku kurwanya no gukumira inkongi z'umuriro “fire fighting theory”, igice cya kabiri cy'amahugurwa kikaba cyari icyo gushyira mu bikorwa ibyo bigishijwe hacanwa umuriro hakanakoreshwa uburyo bwabugenewe mu guhangana/kuzimya uwo muriro “practical fire fighting”.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->