Kumenya no kumva uburengenzira bwa muntu, inshingano y'umuturage n'ishingiro ry'iterambere
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'itangazwa ry'uburenganzira bwa muntu wizihizwa buri wa 10 Ukuboza uko umwaka utashye, Komisiyo y'igihugu y'uburenganzira bwa muntu iri mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ahateguwe icyumweru cyahariwe uburenganzira bwa muntu mbere yo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'itanganzwa ry'uburenganzira bwa muntu ku nshuro ya 77.
Muri iki cyumweru cyahariwe uburenganzira bwa muntu hateguwe ubukangurambaga binyuze mu marushanwa y'umupira w'amaguru yateguwe na Komisiyo y'igihugu y'uburenganzira bwa muntu, ibiganiro n'abaturage ndetse n'amatsinda yihariye. Muri ubu bukangurambaga hagarukwa ku nshingano za komisiyo y'uburenganzira bwa muntu, uburenganzira bwa muntu hakanagarukwa ku bibazo bibangamiye uburenganzira bwa muntu nk'ihohotera rishingiye ku gitsina n'ibindi.
Mu bikorwa by'ubukangurambaga ku burenganzira bwa mu karere ka Nyamasheke hateguwe irushanwa ry'umupira w'amaguru guhera ku wa 3 Ukuboza 2025 aho Umurenge wa Kagano wakinnye n'uwa Nyabitekeri, Kagano yitwara neza itsinda penaliti 4-3 za Nyabitekeri. Mu wundi mukino wakinwe ku wa 4 Ukuboza 2025, umurenge wa Kanjongo watsinze Bushekeri ibitego 2-0, bityo mu kwishakamo ikipe izakina n'iya mbere mu karere ka Rusizi, hakinwa umukino hagati ya Kagano na Kanjongo, Kagano itsinda ibitego 2-0. Bivuze ko akarere kakazahagararirwa n'umurenge wa Kagano mu mukino wa nyumwa uzakinwa ku wa 10 Ukuboza 2025 mu karere ka Rusizi ari naho hazabera ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'itangazwa ry'uburenganzira bwa muntu.
Mu bindi byakozwe na Komisiyo y'igihugu y'uburenganzira bwa muntu harimo ikiganiro cyatanzwe na Visi Perezida wa komisiyo y'igihugu y'uburenganzira bwa muntu Bwana Tuyizere Thaddée mu birori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'abantu bafite ubumuga, hatangwa ibiganiro ku rubyiruko, ubutumwa kandi butagwa muri siporo rusange n'ahandi.
Mu ijambo rya Visi perezida wa Komisiyo Bwana Tuyuzere Thaddée yagaragaje ko bimwe mu bibangamiye uburenganzira bwa muntu harimo n'ihohotera rishingiye ku gitsina, asaba ko ibikorwa nk'ibyo bihungabanya uburenganzira bwa muntu byarwanywa na buri wese. Komisiyo y'igihugu y'uburenganzira bwa muntu ifite inshingano eshatu z'ibanze ari zo Guteza Imbere Uburenganzira bwa Muntu, Kurengera Uburenganzira bwa Muntu no Gukumira Iyicarubozo.
Insaganyamatsiko y'iki cyumweru cy'uburenganzira bwa muntu igira iti “Uburenganzira bwa muntu ni ingenzi mu buzima bwacu, tubuharanire uyu munsi.”
Ikipe y'umurenge wa Kagano na Nyabitekeri bari kumwe n'abayobozi
Ikipe y'umurenge wa Kagano
Abitabiriye umukino bakurikiye ubutumwa bwa Visi Perezida wa Komisiyo Bwana Tuyizere Thaddée
Meya Mupenzi Narcisse ari kumwe na Visi Perezida wa Komisiyo Tuyizere Thaddée bajya gutangiza umupira
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…