Icyumweru cyahariwe kwimakaza ihame ry’uburinganire cyatangirijwe mu karere ka Nyamasheke ku rwego rw'intara y'Iburengerazuba

Kuri uyu wa 25 Werurwe 2025 mu karere ka Nyamasheke hatangirijwe icyumweru cyahariwe kwimakaza ihame ry'uburinganire. 

Umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yahaye ikaze abashyitsi barimo Guverineri w’intara y’Iburengerazuba n’abandi baturutse mu biro bishinzwe ubugenzuzi ku ihame ry’uburinganire (Gender Monitoring Office), inzego z’umutekano n’abandi, ashimira ubuyobozi ku rwego rw’igihugu n’intara y’Iburengerazuba ko batoranyije akarere ka Nyamasheke nk’akazatangirizwamo iki cyumweru.  Yijeje umushyitsi mukuru n’abandi bayobozi bitabiriye itangizwa ry’iki cyumweru ko ubutumwa butangwa bugera ku bitabiriye n’abandi baturage b’akarere kandi bakazitabira gahunda ziteganyijwe mu rwego rwo kurushaho kwimakaza ihame ry’uburinganire.


Guverineri w’intara y’Iburengerazuba akaba n’umushyitsi mukuru muri ibi birori Bwana Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko muri iki cyumweru hazibandwa ku bikorwa birimo kurwanya amakimbirane akigaragara mu miryango, kuganira n'inzego z'ibanze cyane cyane mu midugudu kugira ngo abayobozi bumve neza ihame ry’uburinganire mbere yo gufasha imiryango iri mu makimbirane, gufatanya n’inzego zikorana n’intara y’Iburengerazuba kugira ngo ihame ry’uburinganire rishinge imizi muri iyi Ntara,  
kwandika abana cyane cyane abafite ba se batazwi n’ibindi. 


Yasoje akangurira abaturage kurushaho gutanga amakuru ku ihohoterwa ryo mu ngo, ihohoterwa ry’abana n'abangavu muri rusange kugira ngo ababigiramo uruhare bakurikiranwe n'ubutabera. Ati: “Guhindura imyumvire bizatuma abaturage basobanukirwa n'ihame ry'uburinganire. Ndasaba abaturage kuzitabira ibiganiro bizatangwa muri iki cyumweru kugira ngo barusheho gusobanukirwa n'ihamwe ry’uburinganire.”
 


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->