Kwesa imihigo ni ubufatanye

photo name “Kugira ngo imihigo y'Akarere yeswe, birasaba gukorera hamwe ariko atarinukwiremamo amakipe”. Aya ni amwe mu magambo yagarutsweho na Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere Dr Ndabamenye Thelesphore ubwo yari ayoboye umuhango wo gusinya  Amasezerano y'Imihigo 2018-2019 hagati y’Ubuyobozi  bw’Akarere n'Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'Imirenge, abahagarariye Abafatanyabikorwa n'Abayobozi b'Ibitaro kuri uyu wa  17 Nzeri 2018 Muri uyu muhango abasinye Imihigo bahawe umwanya bagaragariza imbaga yari iteraniye aho ibyikubiye mu masezerano y’imihigo banagaragaza ingamba bafite zo kuzamura imibereho y’abaturage ari ko kwesa imihigo nyako Niyonzima Jacque uhagarariye Abanyamabaga Nshingwabikorwa b’Imirenge ati “turabizeza ko ibikubiye muri iyi mihigo byose tuzabigeraho ndetse n’ibitari mu mihigo ariko bikorwa ku neza y’umuturage ntituza kubikora. Mu ijambo rye Perezida w'Inama Njyanama y'Akarere Dr Ndabamenye Thelesphore, yibukije abasinye imihigo ko idashobora kugerwaho igihe cyose abantu batakoreye hamwe ngo banegere n’abaturage. Ati: nta bwo wavuga ngo uzesa imihigo abantu badakorera hamwe , ariko kdki gukorera hamwe nabyo si ukwiremamo amakipe ngo bamwe bajye hano abandi bajye hariya. Biradusaba gukoresha imbaraga tutizigamye kugira ngo tuve ku mwanya wa 17 Akarere kariho ku rwego rw’Igihugu…”. Muri uyu muhango abitabiriye bagaragarijwe imihigo y’Akarere ya 2018-2019, banafatira hamwe ingamba z’uko yazagerwaho ku bufatanye bwa bose. Biyemeje gukora ibishoboka kugira ngo umuturage amenyeshwe imihigo, uruhare rwe mu ishyirwa mu bikorwa ryayo n’ impinduka igira ku buzima bwe iyo igezweho. Uyu muhango wayobowe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere Dr NDABAMENYE Telesphore  wanitabiriwe n’abagize Inama Njyanama y’ Akarere, Abagize Inama y’Umutekano Itaguye y’Akarere, ba ES b’Imirenge n’Utugari, Ba Perezida b’Inama Njyanama z’Imirenge n’Abakozi bose b’Akarere bakorera ku Karere photo name photo name

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->