Kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutssi
Ku wa 07 Mata aba ari umunsi u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku rwego rw'Akarere ka Nyamasheke, icyumweru cy'icyunamo ndetse n' minsi 100 yo Kwibuka byatangirijwe mu Murenge wa Macuba, Akagari ka Rugari Umudugudu wa Matyazo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Hanika ruruhukiyemo abantu 8236 biganjemo abaguye kuri Kiriziya Gaturika ya Hanika n'abandi bavanywe hirya no hino mu byahoze ari Komini Gatare, Rwamatamu mu cyahoze ari Kibuye ndetse na bamwe bo mu cyari Kirambo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba yongeye gusaba abitabiriye kutabiba urwango mu bana bato bakibyiruka no kubarinda ingengabitekerezo mbi kuko ari yo yaganishije u Rwanda mu icuraburindi rya jenoside yakorewe Abatutsi. Yasabye ko abantu bakwimika urukundo aho kubiba amacakubiri.
Habiyaremye yanakomoje ku bantu bakigaragarwaho n’Ingengabitekerezo ya jenoside avuga ko abona ari ibintu bidakwiye kugira umwanya mu mitima y’Abanyarwanda kuko nta soko igihari yo kuyivomaho.ati” ese koko ko abenshi mu bakoze jenoside bavuga ko bashutswe na Leta mbi, abakigaza Ingengabitekerezo ya jenoside ubu bashukwa n’iyihe Leta? Abantu bareke ibintu bidafite agaciro, dufatanye kubaka Igihugu”.
Perezida w'Umuryango IBUKA mu Karere Bagirishya Jean Marie Vianney yashimiye Leta uburyo yakomeje guherekeza abarokotse Jenoside muri iyi myaka 25 ishize bakaba bafatanyije n'abandi kubaka u Rwanda.





Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…