Kwibuka ku nshuro ya 25 jenoside yakorewe Abatutssi

Ku wa 07 Mata aba ari umunsi u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku rwego rw'Akarere ka Nyamasheke, icyumweru cy'icyunamo ndetse n' minsi 100 yo Kwibuka byatangirijwe mu Murenge wa Macuba, Akagari ka Rugari Umudugudu wa Matyazo ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Hanika ruruhukiyemo abantu 8236 biganjemo abaguye kuri Kiriziya Gaturika ya Hanika n'abandi bavanywe hirya no hino mu byahoze ari Komini Gatare, Rwamatamu mu cyahoze ari Kibuye ndetse na bamwe bo mu cyari Kirambo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba  yongeye gusaba abitabiriye kutabiba urwango mu bana bato bakibyiruka no kubarinda ingengabitekerezo mbi kuko ari yo yaganishije u Rwanda mu icuraburindi rya jenoside yakorewe Abatutsi. Yasabye ko abantu bakwimika urukundo aho kubiba amacakubiri.

Habiyaremye yanakomoje ku bantu bakigaragarwaho n’Ingengabitekerezo ya jenoside avuga ko abona ari ibintu bidakwiye kugira umwanya mu mitima y’Abanyarwanda kuko nta soko igihari yo kuyivomaho.ati” ese koko ko abenshi mu bakoze jenoside bavuga ko bashutswe na Leta mbi, abakigaza Ingengabitekerezo ya jenoside ubu bashukwa n’iyihe Leta? Abantu bareke ibintu bidafite agaciro, dufatanye kubaka Igihugu”.

Perezida w'Umuryango IBUKA mu Karere Bagirishya Jean Marie Vianney yashimiye Leta uburyo yakomeje guherekeza abarokotse Jenoside muri iyi myaka 25 ishize bakaba bafatanyije n'abandi kubaka u Rwanda.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->