Litiro ibihumbi 49000 z’amavuta agenewe gahunda yo kugaburira abana ku mashiri (school feeding) yakiriwe mu karere.

 
Guhera ku wa 11 kugeza ku wa 12 Kanama 2025, mu Karere ka Nyamasheke hakomeje kwakirwa ibiribwa bigenewe gushyigikira gahunda yo kugaburira abanyeshuri ku mashuri izwi nka School Feeding.
Ku wa 11 Kanama 2025, akarere kakiriye amavuta yo guteka angana na litiro ibihumbi 49.000, azasaranganywa mu bigo by’amashuri bitandukanye biri mu karere. Aya mavuta aje yiyongera ku bindi biribwa biteganyijwe kwakirwa muri iyi minsi, byose bikazifashishwa mu kugaburira abana mu gihe cy’umwaka w’amashuri utaha.
Umuyobozi w’ishami ry’uburezi mu karere Bwana Habyarimana Emanuel atangaza ko ibi biribwa bizakomeza kwakirwa neza no kubungwabungwa, hagategurwa uburyo bigera ku mashuri bigenewe ku gihe, mu rwego rwo gutegura neza isubukurwa ry’amashuri rizaba mu minsi iri imbere.
Iyi gahunda igamije kongera ubushobozi bw’abanyeshuri mu myigire, kunoza imirire yabo no kugabanya ikibazo cy’umwanya abana batakaza bajya mu ngo iwabo gufungura, bityo ikazagira uruhare rukomeye mu guteza imbere ireme ry’uburezi mu karere.


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->