Madamu Mukankusi Athanasie umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza yasabye abaturage kwirinda ibihano bibaza umubiri nk'inkoni ku bana babo
Mu nteko z'abaturage zo kuri uyu wa 19 Kanama 2025, Madamu mukankusi Athanasie, umuyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturage yifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Macuba mu kagari ka Rugari baganira kuri gahunda za Leta zinyuranye, abasaba kwita ku burere bwiza bw'abana babarinda ibihano bibabaza umubiri nk'inkoni n'ibindi, abibutsa gutegura neza itangira ry'amashuri mu kwezi gutaha kandi asaba ababyeyi kujyana abana bose bujuje imyaka ku ishuri.
Mu biganiro umuyobozi yagiranye n'abaturage byagarutse ku mpamvu z'inteko z'abaturage, abagaragariza ko inteko ari ishuri ry'umuturage, aho ahurira na bagenzi be n'ubuyobozi bakaganira kuri gahunda za Leta kandi hagafatwa n'ingamba ku hagaragara intege nke bityo abaturage n'ubuyobozi bakagira umurongo umwe mu myubakire y'igihugu.
Madamu Mukankusi Athanasie yagarutse ku nshingano z'ingenzi igihugu cyihaye ari zo ubumwe bw'abanyarwanda, gutekereza vuba kandi byagutse no kubazwa inshingano, abyubakiraho atanga impanuro kuri gahunda zinyuranye zirimo umutekano ari nawo nkingi ya mwamba igihugu gishingiraho ibindi bikorwa byose.
Ku ngongo y'umutekano, umuyobozi wa Polisi y'igihugu mu karere ka Nyamasheke DPC Ngonga yasabye abaturage kurushaho kubungabunga umutekano, abakangurira kwitabira irondo no gukumira ubujura bw'amatungo bumaze iminsi bugaragara, abasaba gusigasira ituze ry'umuryango kuko umuryango utuje ari isoko y'iterambere, abasaba kandi gucika ku ikoreshwa ry'imitego itemewe ikoreshwa mu burobyi by'umwihariko abaturage b'akagari ka Rugari gakora ku kiyaga cya Kivu n'abandi bo mu bindi bice bakora uburobyi, bose abakangurira gukoresha imitego yemewe.
Madamu Mukankusi yagarutse kandi ku isuku n'isukura n'ibibazo bibangamiye abaturage muri rusange, agaragaza ko bidakwiye kumva hari umuturage udafite ubwiherero bwujuje ibisabwa, akangurira abaturage guharanira kugira ubwiherero bwujuje ibisabwa.
Muri iyi nteko nk'urubuga rwo gusangira ijambo n'abaturage kandi, umuyobozi yakiriye ibibazo by'abaturage afatanya n'urwego rw'umurenge n'akagari kubisubiza, ibitahise bibonerwa ibisubizo nk'ubufasha bwasabwe akarere ngo hasimburwe igisenge cy'akagari gishaje, umuyobozi yijeje ko akarere kagiye kubishyira mu byo kazafatanya n'abaturage kubonera ibisubizo.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…