Mahembe, ikipe y'abagore mu mupira w'amaguru yegukanye igikombe mu marushanwa umurenge Kagame Cup 2024-2025 ku rwego rw'igihugu
Ibifashijwemo n'umukinnyi kandi akaba n'umutoza wayo Ntagisanimana Saida, ikipe y'umurenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke yahesheje ishema akarere yegukana irushanwa Umurenge Kagame Cup mu kiciro cya ruhago y'abagore.
Imikino ya nyuma y'Umurenge Kagame Cup yabereye mu karere ka Musanze kuri uyu wa 15 Kamena 2025, aho mu mupira w'amaguru icyiciro cy'abagore ikipe y'umurenge wa Kacyiru mu karere ka Gasabo yakiraga ikipe ya Mahembe.
Ni umukino watangiye ku isaha ya saa sita zuzuye usozwa ku isaha ya saa saba zirengaho iminota mike ku gitego 1 cya Mahembe cyatsinzwe mu minota ya nyuma y'umukino ku mupira w'umuterekano wakinwe neza cyane na Ntakirutimana Saida wari winjiye mu kibuga asimbuye.
Kacyiru yagerageje gushaka igitego cyo kwishyura ariko biranga kuko Mahembe yigaragaje cyane muri uyu mukino kurusha Kacyiru.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…