Mbyayingabo Athnase : Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Akarere mushya
kuri uyu wa 16 Mutarama 2019, mu cyumba cy’inama cy’ Akarere habereye Umuhango w’ihererrekanyabubasha hagati y’ Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange Niyibizi Ntabyera Hubert wari umaze iminsi akora nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Akarere na Bwana Mbyayingabo Athanase watsindiye uyu mwanya. Umuyobozi w’Akarere Kamali Aimé Fabien wayoboye uyu muhango yashimiye Bwana Niyibizi wari umaze amezi atandatu arengaho iminsi mike afatanya izi nshino zose ariko ntihagire igipfa anifuriza ishya n’ihirwe Bwana Mbyayingabo mu nshingano nshya ahahwe. Mbyayingabo wabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Akarere mushya ni muntu ki? Mbyayingabo Athnase w’imyaka 33 y’amavuko yavukiye mu Murenge wa Giheke Akarere ka Rusizi. Amashuri abanza yayize kri Ribanza rya Isha, Icyiciro Rusange cy’Amashuri yisumbuye yacyize ku Ishuri Ryisumbuye rya Sumba mu Karere ka Nyamagabe, asoreza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gihundwe mu Ishami ry’Ibaruramari. Kaminuza yayize mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’ u Rwanda mu ishami ry’Ubukungu. Kuva mu 2015 kugeza ubu ari kwiga muri Kaminuza ya “Mount Kenya” mu gashami k’Imari (Masters in Finance) Mbyayingabo arubatse, afite umugore n’umwana umwe. Mbyayingabo yarakoze imirimo itandukanye: 2011-2014 : Umugenzuzi w’ Ibigo by’ Imari Biciriritse muri Banki Nkuru y’u Rwanda 2014-2018 Ukwakira : Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Rusatira mu karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo. Ukwakira 2018-Mutarama 2019 : Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Gishamvu mu karere ka Huye Mbyayingabo yagiye agirirwa icyizere mu bihe bitandukanye harimo no kuyobora Ihuriro ry’Abanyeshuri bakomoka mu Karere ka Rusizi bigaga muri Kaminuza y’ u Rwanda mu mwaka wa 2009