Mbyayingabo Athnase : Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Akarere mushya

kuri uyu wa 16 Mutarama 2019, mu cyumba cy’inama cy’ Akarere habereye Umuhango w’ihererrekanyabubasha hagati y’ Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imirimo Rusange Niyibizi Ntabyera Hubert wari umaze iminsi akora nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Akarere na Bwana Mbyayingabo Athanase watsindiye uyu mwanya. Umuyobozi w’Akarere Kamali Aimé Fabien wayoboye uyu muhango yashimiye Bwana Niyibizi wari umaze amezi atandatu arengaho iminsi mike afatanya izi nshino zose ariko ntihagire igipfa anifuriza ishya n’ihirwe Bwana Mbyayingabo mu nshingano nshya ahahwe. Mbyayingabo wabaye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Akarere mushya ni muntu ki? Mbyayingabo Athnase w’imyaka 33 y’amavuko yavukiye mu Murenge wa Giheke Akarere ka Rusizi. Amashuri abanza yayize kri Ribanza rya Isha, Icyiciro Rusange cy’Amashuri yisumbuye yacyize ku Ishuri Ryisumbuye rya Sumba mu Karere ka Nyamagabe, asoreza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gihundwe mu Ishami ry’Ibaruramari. Kaminuza yayize mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’ u Rwanda mu ishami ry’Ubukungu. Kuva mu 2015 kugeza ubu ari kwiga muri Kaminuza ya “Mount Kenya” mu gashami k’Imari (Masters in Finance) Mbyayingabo arubatse, afite umugore n’umwana umwe. Mbyayingabo yarakoze imirimo itandukanye: 2011-2014 : Umugenzuzi w’ Ibigo by’ Imari Biciriritse muri Banki Nkuru y’u Rwanda 2014-2018 Ukwakira : Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Rusatira mu karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo. Ukwakira 2018-Mutarama 2019 : Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’ Umurenge wa Gishamvu mu karere ka Huye Mbyayingabo yagiye agirirwa icyizere mu bihe bitandukanye harimo no kuyobora Ihuriro ry’Abanyeshuri bakomoka mu Karere ka Rusizi bigaga muri Kaminuza y’ u Rwanda mu mwaka wa 2009

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->