Meya Mupenzi Narcisse yakanguriye abaturage guca ukubiri n'ingeso z'ubuharike, ubushoreke n'ubusambanyi kugira ngo bagire umuryango utekanye kandi uteye imbere

Mu nteko z'abaturage zabaye kuri uyu wa 22 Nyakanga 2025, Umuyobozi w'Akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Kagano mu kagari ka Gako. 

Mu biganiro umuyobozi yagiranye n'abaturage, yibanze ku mibanire myiza mu miryango, asaba abaturage kurera neza abana babo kandi bakirinda ikoreshwa ry'ibiyobyabwenge no gusesagura umutungo w'urugo. 

Kuri iyi ngingo yanenze abagabo abata ingo bakaziharira abagore, abashishikariza gufatanya n'abo bashakanye kugira ngo babashe kwiteza imbere kandi n'abana babo bagire uburere bwiza. 

Umuyobozi w'akarere yasabye abaturage kwirinda ingeso mbi zifite uruhare mu isenyuka ry'umuryango zirimo ubushoreke, ubuharike n'ubusambanyi, kuko iyo urebye usanga ari zo zihishe inyuma y'ibibazo hafi ya byose bigeza ku makimbirane mu miryango, n'uburere budahamye bw'abana. 

Umuyobozi w'akarere yagarutse ku kibazo cy'isuku, ashima abaturage ko basa neza, ariko abashishikariza kunoza isuku yo mu ngo bagira ubwiherero bukoze neza kandi bwujuje ibisabwa. Aha yasabye ubufatanye bw'abaturage, asaba ko n'abanyantege nke abaturage bakwishyira hamwe bakabafasha. 

Inteko y'abaturage yasojwe umuyobozi yakira ibibazo n'i itekerezo by'abaturage. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->