Meya Mupenzi Narcisse yavuze ko urwibutso rwa jenoside rwa Kirimbi ruri mu zitazimurwa kubera amateka yihariye ya jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace

Mu kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 31, umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kirimbi ruri mu nzibutso zitazimurwa kubera amateka yihariye ya jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace. 

Umuyobozi w’akarere yabigarutseho mu ijambo ry’ihumure no gufata mu mugongo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi n’imiryango yashyinguye mu cyubahiro. Yavuze ko jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace yakoranywe ubugome ndengakamere, bityo akarere kakaba kazashaka ubushobozi bwo kuvugurura  uru rwibutso ruruhukiyemo imibiri y’abatutsi igera ku 7040. 

Bwana Mupenzi Narcisse yahumurije abacitse ku icumu abizeza ko hari imbaraga zituruka ku miyoborere myiza kandi izo mbaraga zikaba ziteguye gukora ibishoboka kugira ngo bagire ubuzima bwiza. 

Agaruka ku ngengabitekerezo ya Jenoside, yavuze ko hagomba gukoreshwa imbaraga abantu babona n’izo batabona kugira ngo ingengabitekerezo ya Jenoside irandurwe burundu. Yagaragaje ko izo mbaraga zivomwa mu ngufu zahagaritse jenoside yakorewe abatutsi n’ igihugu cyiza gifite ubuyobozi bwiza bushyira umuturage ku isonga. 

Yasoje asaba urubyiruko kutarebera ahubwo rugaharanira ko ibyabaye bitazongera. Ati: “Turasabwa buri wese ko yaharanira kubaka ubumwe bw'abanyarwanda n'ubudaheranwa. Buri wese rero nahitemo kudaheranwa kuko bizatuma atekereza agatera imbere. Rubyiruko mufite ingufu nyinshi zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, cyane cyane ikwirakwizwa hifashishijwe ikoranabuhanga.” 

“Twibuke twiyubaka”

Kirimbi-Kwibuka31 mu mafoto


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->