Meya Mupenzi Narcisse yavuze ko urwibutso rwa jenoside rwa Kirimbi ruri mu zitazimurwa kubera amateka yihariye ya jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace
Mu kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 31, umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yavuze ko urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kirimbi ruri mu nzibutso zitazimurwa kubera amateka yihariye ya jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace.
Umuyobozi w’akarere yabigarutseho mu ijambo ry’ihumure no gufata mu mugongo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi n’imiryango yashyinguye mu cyubahiro. Yavuze ko jenoside yakorewe abatutsi muri aka gace yakoranywe ubugome ndengakamere, bityo akarere kakaba kazashaka ubushobozi bwo kuvugurura uru rwibutso ruruhukiyemo imibiri y’abatutsi igera ku 7040.
Bwana Mupenzi Narcisse yahumurije abacitse ku icumu abizeza ko hari imbaraga zituruka ku miyoborere myiza kandi izo mbaraga zikaba ziteguye gukora ibishoboka kugira ngo bagire ubuzima bwiza.
Agaruka ku ngengabitekerezo ya Jenoside, yavuze ko hagomba gukoreshwa imbaraga abantu babona n’izo batabona kugira ngo ingengabitekerezo ya Jenoside irandurwe burundu. Yagaragaje ko izo mbaraga zivomwa mu ngufu zahagaritse jenoside yakorewe abatutsi n’ igihugu cyiza gifite ubuyobozi bwiza bushyira umuturage ku isonga.
Yasoje asaba urubyiruko kutarebera ahubwo rugaharanira ko ibyabaye bitazongera. Ati: “Turasabwa buri wese ko yaharanira kubaka ubumwe bw'abanyarwanda n'ubudaheranwa. Buri wese rero nahitemo kudaheranwa kuko bizatuma atekereza agatera imbere. Rubyiruko mufite ingufu nyinshi zo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, cyane cyane ikwirakwizwa hifashishijwe ikoranabuhanga.”
“Twibuke twiyubaka”
Kirimbi-Kwibuka31 mu mafoto







Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…