Meya Mupenzi Narcisse yijeje abacururiza mu isantire ya Mugonero ko akarere kari gushaka uburyo isoko nyambukiranyamipaka rya Mugonero ryakongera gufungurwa vuba

Bwana Mupennzi Narcisse ubwo yaganiraga n’abaturage b’umurenge wa Mahembe mu kagari ka Kagarama umudugudu wa Gabiro, yijeje abacururiza mu isantire ya Mugonero ko ikibazo cy’isoko nyambukiranyamipaka rya Mugonero akarere kakizi, kandi kakaba kari gukorana n’inzego bireba kugira ngo iri soko ryongere rifungure. 

Asobanura ikibazo cyatumye iri soko rifungwa yavuze ko amwe mu masoko nyambukiranyamipaka mu karere yabaye afunzwe kugira ngo habanze gushyirwaho uburyo buhamye bwo kuyakurikirana cyane cyane mu rwego rwo kumenya neza ibyinjiye n’ibyasohotse mu gihugu.

Yababwiye ko akarere kari gukorana n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro “Rwanda Revenue Authority”, kugira ngo hashakwe abakozi b’iki kigo bazajya bakurikirana imikorere y’aya masoko mu rwego rwo gukurikiza imikorere iranga amasoko nyambukiranyamipaka. Kuri ubu, isoko nyambukiranyamipaka rya Rugari ni ryo riri gukora neza nyuma y’aho ritangiye gukurikiranwa n’abakozi b’ikigo cy’igihugu cy'imisoro n'amahoro, n'andi masoko hakaba hateganywa ko yacungwa mu buryo bumwe. 

Umuyobozi w’akarere kandi yashishikarije abitabiriye inteko y’abaturage kurushaho kunoza isuku ku mubiri no mu ngo zabo, by’umwihariko abasaba kugira ubwiherero bwujuje ibisabwa. Yasabye kandi abacuruzi cyane cyane abafite utubari n’abacuruza ibyo kurya muri rusange, kugira isuku no kwirinda urugomo mu tubari, by’umwihariko asaba abafite utubari kwita ku mutekano watwo, kuko akabari kazagaragaramo ibibazo by’umutekano muke kazafungwa. 

Yasoje asaba abitabiriye inteko gukomeza gusigasira ubumwe bw’abanyarwanda birinda icyo ari cyo cyose cyaganisha ku macakubiri n’ingengabitekerezo ya jenoside. Yakanguriye abafunguwe bari barahamijwe ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi kwitabira inteko z’abaturage kuko ari urubuga rubafasha gukira ipfunwe, kwisanga mu muryango nyarwanda no kwiyunga by’ukuri n’abo bahemukiye. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->