Meya Mupenzi Narcisse yitabiriye inama y'inteko rusange isanzwe y'ihuriro JADF Jyambere Nyamasheke ashima uruhare rwabo mu bikorwa by'iterambere n'imibereho myiza

Kuri uyu wa 31 Kanama 2025 Meya Mupenzi Narcisse yitabiriye inama y'inteko rusange isanzwe y'ihuriro JADF Jyambere Nyamasheke ashima uruhare rwabo mu bikorwa by'iterambere n'imibereho myiza. 

Umuyobozi w'akarere mu ijambo ritangiza inama yashimiye abafatanyabikorwa b'akarere, agaragaza ko uruhare rwabo ari ingenzi mu bikorwa binyuranye by'akarere cyane cyane ibijyanye n'iterambere ry'akarere n'imibereho myiza y'abaturage. 

Muri iyi nama y'ingenzi, abafatanyabikorwa bayitabiriye baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo kurebera hamwe igikorwa cy'imurikabikorwa n'imurikagurisha biteganyijwe mu mpera za Kanama 2025, kuri iyi ngingo abafatabyabikorwa bakaba biyemeje gufatanya kugira ngo iki gikorwa kizagende neza. 

Bamurikiwe kandi imihigo y'akarere umwaka wa 2025-2026, buri mufatanyabikorwa asabwa gutegura gahunda y'umwaka ashingiye ku bikorwa biteganyijwe mu mihigo y'akarere, kugira ngo ibikorwa byabo by'umwaka 2025-2026 bizagendere ku mirongo migari ikubiye mu mihigo bamurikiwe. 

Muri iyi nama kandi hakiriwe abafatanyabikorwa bashya b'akarere, bashimirwa ko bahisemo kuza gufatanya n'akarere ka Nyamasheke mu iterambere n'imibereho myiza y'umuturage. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->