Meya Mupenzi Narcisse yihanganishije kandi akomeza imiryango yaburiye abayo ahukwakwa urugomero rwa Nyirahindwe ya I
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 09 Nzeri 2025, mu Murenge wa Cyato, Akagari ka Bizenga, habereye impanuka ikomeye ku rugomero rw’amashanyarazi rwa Nyirahindwe I ruri kubakwa, ihitana abantu umunani abandi icyenda barakomereka.
Inkuru y’iyi mpanuka imaze kugera ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, Umuyobozi w’Akarere, Bwana Mupenzi Narcisse, hamwe n’abagize Komite y’Umutekano itaguye y’Akarere, bahise bihutira kugera ahabereye impanuka mu rwego rwo gutanga ubutabazi no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibikorwa by’ubutabazi.
Iyi mpanuka yabaye ahagana mu masaha ya saa yine n'igice za mu gitondo, ubwo urukuta rw'amabuye rwagwiraga abakozi bari mu mirimo kuri uru rugomero rw'amashanyarazi ruri kubakwa na kompanyi ya DNG-RWANDA, abagera ku munani bahita bahasiga ubuzima, mu gihe icyenda bakomeretse n'undi 1 wagize ibibazo by'ihungabana bose (abakomeretse n'uwahungabanye) bakaba bajyanywe kuvurirwa ku bitaro byo ku rwego rwa 2 byigisha bya Kibogora.
Mu butumwa bwe, Meya Mupenzi Narcisse yihanganishije kandi akomeza imiryango yabuze abayo ndetse anahumuriza abakomeretse n’imiryango yabo, yizeza ko Akarere gafatanyije n’izindi nzego z’ubuyobozi kazakomeza kubaba hafi muri ibi bihe bikomeye.
Yagize ati:
“Iyi ni inkuru y’inshamugongo ku Karere kacu. Turihanganisha imiryango yabuze ababo, tubizeza ko akarere n'izindi nzego z'ubuyobozi dukomeza kubaba hafi muri ibi bihe bitoroshye."
Ubuyobozi bw’Akarere bwongeye gusaba abaturage kuba hamwe n'imiryango yabuze abayo bakabatabara kandi bakabafata mu mugongo.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…