Meya Mupenzi Narcisse yihanganishije kandi akomeza imiryango yaburiye abayo ahukwakwa urugomero rwa Nyirahindwe ya I

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 09 Nzeri 2025, mu Murenge wa Cyato, Akagari ka Bizenga, habereye impanuka ikomeye ku rugomero rw’amashanyarazi rwa Nyirahindwe I ruri kubakwa, ihitana abantu umunani abandi icyenda barakomereka.

Inkuru y’iyi mpanuka imaze kugera ku buyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke, Umuyobozi w’Akarere, Bwana Mupenzi Narcisse, hamwe n’abagize Komite y’Umutekano itaguye y’Akarere, bahise bihutira kugera ahabereye impanuka mu rwego rwo gutanga ubutabazi no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibikorwa by’ubutabazi.

Iyi mpanuka yabaye ahagana mu masaha ya saa yine n'igice za mu gitondo, ubwo urukuta rw'amabuye rwagwiraga abakozi bari mu mirimo kuri uru rugomero rw'amashanyarazi ruri kubakwa na kompanyi ya DNG-RWANDA, abagera ku munani bahita bahasiga ubuzima, mu gihe icyenda bakomeretse n'undi 1 wagize ibibazo by'ihungabana bose (abakomeretse n'uwahungabanye) bakaba bajyanywe kuvurirwa ku bitaro byo ku rwego rwa 2 byigisha bya Kibogora. 

Mu butumwa bwe, Meya Mupenzi Narcisse yihanganishije kandi akomeza imiryango yabuze abayo ndetse anahumuriza abakomeretse n’imiryango yabo, yizeza ko Akarere gafatanyije n’izindi nzego z’ubuyobozi kazakomeza kubaba hafi muri ibi bihe bikomeye.

Yagize ati:
“Iyi ni inkuru y’inshamugongo ku Karere kacu. Turihanganisha imiryango yabuze ababo, tubizeza ko akarere n'izindi nzego z'ubuyobozi dukomeza kubaba hafi muri ibi bihe bitoroshye." 

Ubuyobozi bw’Akarere bwongeye gusaba abaturage kuba hamwe n'imiryango yabuze abayo bakabatabara kandi bakabafata mu mugongo. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->