Minisiteri y’Umuco na Siporo yafatanyija n’Akarere ka Nyamasheke muri gahunda ya “Siporo ya bose”
Biramenyerewe ko buri wa gatanu abakozi ba Leta bose bagenerwa amasaha abiri ya siporo yitwa iya bose ariko kandi binagenwa n’Iteka rya Ministiri w’Intebe.
Muri “Siporo ya Bose” yo kuri uyu wa gatanu tariki ya 06/05/2016, intumwa za Minisiteri y’Umuco na siporo zari zirangajwe imbere n’ Umuyobozi w’Ishami rya Siporo muri Ministeri y’Umuco na Siporo Bwana Emmanuel BUGINGO zifatanyije n’Abakozi b’Akarere ka Nyanasheke bakorera ku kicaro cy’Akarere ndetse n’abo mu Murenge wa Kagano ari na wo Akarere kubatsemo bakora siporo ya bose yatangijwe no kwiruka bava ku biro by’Akarere berekeza ku Rwesero ahari ikigo cy’Urubyiruko ahatangiwe ibiganiro kuri gahunda ya siporo kuri bose dore ko hari n’Abaturage batuye muri uyu Murenge wa Kagano.
Uwari uhagarariye itsinda ry’Intumwa za Ministeri y’Umuco na Sport Bwana Emmanuel BUGINGO yibukije abari aho impamvu yo gukora siporo. Yibukije abaturage ko siporo atari iy’Abantu bamwe gusa ahubwo ko bose ibareba. Yagize ati “siporo si iya ba bandi muvuga ngo barahaze, si n’iy’abize gusa, ahubwo twese iratureba”. Yanaboneyeho kwibutsa abikorera ko atari gahnda y’Abakorera Leta gusa ahubwo ko nabo bakwiye kuyikangukira kuko ifitiye umumaro munini amagara yacu
Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Imiereho Myiza y’Abaturage unafite Siporo mu nshingano ze Madame MUKAMANA Claudette, yashimiye Minisiteri y’Umuco na siporo uburyo idahwema kubazirikana ikaba yanifatanyije na bo uyu munsi nawe aboneraho kwibutsa abaturage ko bakwiye gukora Imyitozo Ngororamubiri ngo bazabashe kuramba umuntu ntasaze imburagihe. Yanaboneyeho kandi gusaba Minisiteri y’Umuco na Siporo kurushaho kwita kuri siporo annifuza ko bakomeza ubuvugizi hakaboneka ibikoresho bihagije byangombwa.
Gahunda yasojwe n’Umukino w’Intoki (Volleyball) wahuje Ikipe y’Abakozi b’Akarere n’Ikipe y’Ikigo cy’Urubyiruko aho umukino warangiye Ikipe y’Akarere yegukanye intsinzi y’Amaseti 2/1. Hanakinwe kandi umukino Umukino wa Jim Tonic.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer