Minisitiri Dr Jean Damascene Bizimana yasabye abakuze kwitandukanya n'ingengabitekerezo ya Jenoside mu rwego rwo kwirinda guhemukira abana babo
Ni amagambo Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yagarutseho mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage b'akarere ka Nyamasheke na Rusizi mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 kuri uyu wa 29 Kamena 2025 ahibukwaga ku rwego rw'imirenge itatu ari yo Bushenge, Ruharambuga n'umurenge wa Giheke ho mu karere ka Rusizi. Muri iki gikorwa cyo kwibuka kandi hashyinguwe mu cyubahiro imibiri 31 irimo imibiri 30 yimuwe mu rwibutso rwa jenoside rwa Muyove, n'umubiri umwe wabonetse mu kagari ka Kagatamu mu murenge wa Bushenge.
Mu butumwa bw'ikaze bwatanzwe n'umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Mupenzi Narcisse yashimiye abaje kwifatanya n'akarere ka Nyamasheke na Rusizi kwibuka, avuga ko kwibuka ari umwanya wo kongera gutekereza ku mateka y'ubumwe bw'abanyarwanda igihe bwari bugikomeye no mu gihe bwatakaye ari na yo ntwaro yakoreshejwe mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi. Yakomeje avuga ko mu masomo abaje kwibuka bakwiye gukura mu butumwa buza gutangwa, harimo kongera gutekereza ku butwari bw'ingabo zahoze ari iza RPA zitanze zikanyura inzira y'inzitane yo kubohora abanyarwanda ndetse urwo rugamba rukomeye zikaza no kuruhuza n'urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi. Yakanguriye uwo ari we wese waba azi ahari imibiri y'abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi iherereye kuyerekana kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro, yibutsa ko gutanga ayo makuru nta cyaha kirimo.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Gashirabwoba rwari rusanzwe ruruhukiyemo imibiri y'abatutsi bazize Jenoside igera ku bihumbi makumyabiri n'ijana na mirongo irindwi n'ine 20174 uyu munsi hakaba hiyongereyeho imibiri mirongo itatu n'umwe yashyinguwe mu cyubahiro.
Mu butumwa bwa Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene bwibanze ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi, yagarutse ku mateka yaranze igihugu mbere y'ubukoloni n'uko ubakoloni bagize uruhare mu gutandukanya abanyarwanda bijyana ku itegurwa rya Jenoside kuva kuri repubulika ya mbere n'iya kabiri yateguye kandi igashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi. Yagaragaje ingero zinyuranye zerekana uko ingengabitekerezo ya Jenoside yagiye ihererekanywa mu miryango, asoza asaba abakuze kwitandukanya n'ingengabitekerezo ya Jenoside kuko kutitandukanya na yo baba bagirira nabi abana babo kandi ari bo Rwanda rw'ejo.
"Twibuke Twiyubaka"
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…