Minisitiri Prof Shyaka Anastase: Mwitege Nyamasheke mu minsi mike

Ubwo Minisitiri w’ Ubutegetsi bw’ Igihugu akanaba Imoni ya Guverinoma mu Karere ka Nyamasheke Prof Shyaka Anastase yagiriraga uruzinduko rw’ akazi mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 01 Ukuboza 2020 yakoranye inama n’ abayobozi batandukanye guhera ku rwego rw’ Isibo maze agaragaza uko abona Nyamasheke ihagaze mu ruhando rw’ utundi turere 29 tugize Igihugu.

Minisitiri yagaragaje ko abona Nyamasheke imaze gutera intambwe ishimishije mu kuzamura imibereho myiza y’ Umuturage no kwesa imihigo kuko ubu Nyamasheke ari yo irongoye utundi turere two mu Ntara y’ Iburengerazuba ikanaza ku mwanya wa 6 mu Gihugu hose.

Minisitiri kdi yasabye abitabiriye inama kudakura mu ruge maze bakongera ikibatsi bagakomeza kubyaza umusaruro amahirwe bafite yarimo kugira Ikiyaga cya Kivu n’ Ishyamba rya Nyungwe ku rundi ruhande, icyayi kihahingwa na kawa, hiyongeraho n’ Umuhanda wa Kaburimbo worohereza Akarere guhahirana n’ ibindi bice by’ Igihugu ndetse n’ amahanga.

Prof Shyaka yakomoje ku mwanya wa 1 Akarere ka Nyamasheke kamazeho iminsi mu Muhigo wa Ejo Heza, maze avuga ko ari ikimenyetso cy’ ibishoboka kandi ko mu minsi mike Nyamasheke iraba iri ku isongo no mu bindi.

Ibi byakomeje gushimangirwa  n’ Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’ Igihugu Wungirije Ushinzwe Ibikorwa CP Felix Namuhoranye na we wemeza ko Akarere a Nyamasheke gakataje kandi ko n’ umwanya wa mbere kawugeraho ukurikije uburyo abantu barigukora. Yavuze ko mu Mutekano ubu Nyamasheke ihagaze neza ariko abasaba kutirara kuko bari ku nkiko z’ Igihugu.

Umuyobozi w’ Akarere Mukamasabo Appolonie atangaza ko ikintu bimirije imbere ari ukuzamura imibereho myiza y’ umuturage kandi ko nta shiti iyi ntego bazayigeraho mu bufatanye bwa bose


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->