Minisitiri Prof Shyaka Anastase: Mwitege Nyamasheke mu minsi mike
Ubwo Minisitiri w’ Ubutegetsi bw’ Igihugu akanaba Imoni ya Guverinoma mu Karere ka Nyamasheke Prof Shyaka Anastase yagiriraga uruzinduko rw’ akazi mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 01 Ukuboza 2020 yakoranye inama n’ abayobozi batandukanye guhera ku rwego rw’ Isibo maze agaragaza uko abona Nyamasheke ihagaze mu ruhando rw’ utundi turere 29 tugize Igihugu.
Minisitiri yagaragaje ko abona Nyamasheke imaze gutera intambwe ishimishije mu kuzamura imibereho myiza y’ Umuturage no kwesa imihigo kuko ubu Nyamasheke ari yo irongoye utundi turere two mu Ntara y’ Iburengerazuba ikanaza ku mwanya wa 6 mu Gihugu hose.
Minisitiri kdi yasabye abitabiriye inama kudakura mu ruge maze bakongera ikibatsi bagakomeza kubyaza umusaruro amahirwe bafite yarimo kugira Ikiyaga cya Kivu n’ Ishyamba rya Nyungwe ku rundi ruhande, icyayi kihahingwa na kawa, hiyongeraho n’ Umuhanda wa Kaburimbo worohereza Akarere guhahirana n’ ibindi bice by’ Igihugu ndetse n’ amahanga.
Prof Shyaka yakomoje ku mwanya wa 1 Akarere ka Nyamasheke kamazeho iminsi mu Muhigo wa Ejo Heza, maze avuga ko ari ikimenyetso cy’ ibishoboka kandi ko mu minsi mike Nyamasheke iraba iri ku isongo no mu bindi.
Ibi byakomeje gushimangirwa n’ Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’ Igihugu Wungirije Ushinzwe Ibikorwa CP Felix Namuhoranye na we wemeza ko Akarere a Nyamasheke gakataje kandi ko n’ umwanya wa mbere kawugeraho ukurikije uburyo abantu barigukora. Yavuze ko mu Mutekano ubu Nyamasheke ihagaze neza ariko abasaba kutirara kuko bari ku nkiko z’ Igihugu.
Umuyobozi w’ Akarere Mukamasabo Appolonie atangaza ko ikintu bimirije imbere ari ukuzamura imibereho myiza y’ umuturage kandi ko nta shiti iyi ntego bazayigeraho mu bufatanye bwa bose


Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…