Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yasuye Akarere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 24 Werurwe 2017, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Madame UWIZEYE Judith yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umusi umwe mu Karere ka Nyamasheke agirana ibiganiro n’Abakozi b’Akarere bakorere ku karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge, Abayobozi b’Ibitaro n’Abayobozi b’ibigo nderabuzima. Mu kiganiro yahaye aba bakozi, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umuromo yagarutse ku ndangagaciro zikwiye kuranga umukozi wa leta, yakanguriye abakozi gukomeza kurangwa n’umuco w’ubunyangamugayo, gukora kinyamwuga no kudakorera ku jisho, gukunda akazi no kukitangira,kudatanga serivisi z’agahimano… Yaboneyeho kwibutsa abakozi bose ko gahunda za leta zose zihutirwa. Yagize ati “Nta gahunda ya leta n’imwe itihutirwa n’ubwo wabona bisa n’ibitihutirwa burya biba byihuta”. Yibukije kandi abakoki ba leta ko ari intumwa za leta ku baturage bityo bakaba abasabwa kuba intangarugero muri gahunda za leta ndetse n’ahandi bari hose kugira ngo abaturage babarebereho. Nyuma yo kuganira n’Abakozi, Minisitiri yasuye ibikorwa bitandukanye biri muri gahunda ya NEP HANGUMURIMO aho yasuye Umurenge SACCO ya Kanjongo, Agakiriro ndetse n’Uruganda ruto “Agasaro Organic”  rutunganya ibikomoka ku mbuto ruri mu murenge wa Bushekeri. Ubwo yasuraga Agakiriro ka Nyamasheke yakanguriye abagakoreramo gukomeza gushishikariza abandi kukagana mu bufatanye n’Akarere kugira ngo bibafashe kurushaho guhuza imbaraga. Asura ’Uruganda ruto “Agasaro Organic” rutunganya ibikomoka ku mbuto rwa Madame Isabelle UZAMUKUNDA, yasobabanuriwe uburyo batunganya imitobe itandukanye, amasukari, ndetse n’ibisuguti (Biscuit) , binaboneka hake cyane mu gihugu, ashima uburyo uyu mugore yitinyutse maze akiteza imbere uburyo bugaragara, anaboneraho gukangurira abandi bagore gutinyuka bagakora bakiteza imbere. Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye Minisitiri ku nama nziza bagiriwe zo gukomeza kunoza imikorere n’imikoranire, yizeza Minisitiri ko bazakomeza gufatanya kugira ngo umuturage we mugenerwabikorwa wa serivi butanga arusheho kunyurwa.   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer

Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->