Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo yasuye Akarere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 24 Werurwe 2017, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Madame UWIZEYE Judith yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umusi umwe mu Karere ka Nyamasheke agirana ibiganiro n’Abakozi b’Akarere bakorere ku karere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge, Abayobozi b’Ibitaro n’Abayobozi b’ibigo nderabuzima. Mu kiganiro yahaye aba bakozi, Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umuromo yagarutse ku ndangagaciro zikwiye kuranga umukozi wa leta, yakanguriye abakozi gukomeza kurangwa n’umuco w’ubunyangamugayo, gukora kinyamwuga no kudakorera ku jisho, gukunda akazi no kukitangira,kudatanga serivisi z’agahimano… Yaboneyeho kwibutsa abakozi bose ko gahunda za leta zose zihutirwa. Yagize ati “Nta gahunda ya leta n’imwe itihutirwa n’ubwo wabona bisa n’ibitihutirwa burya biba byihuta”. Yibukije kandi abakoki ba leta ko ari intumwa za leta ku baturage bityo bakaba abasabwa kuba intangarugero muri gahunda za leta ndetse n’ahandi bari hose kugira ngo abaturage babarebereho. Nyuma yo kuganira n’Abakozi, Minisitiri yasuye ibikorwa bitandukanye biri muri gahunda ya NEP HANGUMURIMO aho yasuye Umurenge SACCO ya Kanjongo, Agakiriro ndetse n’Uruganda ruto “Agasaro Organic”  rutunganya ibikomoka ku mbuto ruri mu murenge wa Bushekeri. Ubwo yasuraga Agakiriro ka Nyamasheke yakanguriye abagakoreramo gukomeza gushishikariza abandi kukagana mu bufatanye n’Akarere kugira ngo bibafashe kurushaho guhuza imbaraga. Asura ’Uruganda ruto “Agasaro Organic” rutunganya ibikomoka ku mbuto rwa Madame Isabelle UZAMUKUNDA, yasobabanuriwe uburyo batunganya imitobe itandukanye, amasukari, ndetse n’ibisuguti (Biscuit) , binaboneka hake cyane mu gihugu, ashima uburyo uyu mugore yitinyutse maze akiteza imbere uburyo bugaragara, anaboneraho gukangurira abandi bagore gutinyuka bagakora bakiteza imbere. Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye Minisitiri ku nama nziza bagiriwe zo gukomeza kunoza imikorere n’imikoranire, yizeza Minisitiri ko bazakomeza gufatanya kugira ngo umuturage we mugenerwabikorwa wa serivi butanga arusheho kunyurwa.   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->