Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasuye Intore zitorezwa mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 07 Ukuboza  2016 Minisitri Ubutegetsi bw’Igihugu Bwana Francis KABONEKA yatangiye uruzinduko rwe rw’akazi rw’iminsi ibiri azasoza ku wa 08 Ukuboza 2016 aho agomba kuganira n’intore zose zirigutorezwa ku masite ane yo mu Karere ka Nyamasheke.

 

Ibiganiro yabitangiriye kuri Site y’Urwunge rw’Amashuri Umucyo rwa Karengera aho yaganiriye n’Intore zisaga 922 zarangwaga n’ibyishimo byinshi kubera uburyo zabonye zitaweho. Intore zatangiye zivuga imyato Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kubera ibyiza ntagereranywa yagejeje ku Banyarwanda muri Rusange n’abaturage ba Nyamasheke by’Umwihariko birimo ,imihanda, amashanyarazi, uburezi kuri bose, gahunda ya girinka, n’izindi gahunda nyinshi ziteza Umunyarwanda imbere. Mu kiganiro yahaye Intore, Ministeri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Bwana Francis KABONEKA yabibukije inshingano zabo nk’abantu batowe n’abaturage abasaba kudatesha agaciro icyizere bagiriwe. Yababwiye ko icyo bakora cyose kidashingiye ku rukundo bakunda abaturage byaba ari imfabusa. Yagize ati “nta kintu cyiza nko kugirirwa icyizere n’abaturage, mugomba kubakunda, mukababazwa n’uko bababaye mugera ikirenge mu cy’Intore izirusha intambwe”. Minisitiri yibukije komite nyobozi y’umudugudu ko ubuyobozi bw’umudugudu atari ubw’umuntu umwe gusa ahubwo ko abantu bose bakwiye gusenyera umugozi umwe. Yabasabye ko nyuma y’iri torero bavamo ari ibyaremwe bishya maze bakemera kuba abagaragu b’ababatoye kugira ngo babone umusaruro. Yabasabye kwandika amateka ko bakuye Akarere ka Nyamasheke mu bukene bakakazamura. Nyuma y’ijambo rya Nyakubahwa Minisitiri, Intore zahawe umwanya maze zemerera mu maso ye ko impanuro n’inyigisho bazakura mu itorero zitazaba imfabusa maze bamwizeza ko bagiye gukora iyo bwabaga bakazahura Akarere ka Nyamasheke maze bagafasha Intore izirusha intambwe kuyobora neza no gukunda Abanyarwanda. Uruzinduko rwakomereje kuri site ya GS St Joseph Nyamasheke bikaba biteganyijwe ko umunsi w’ejo ruzakomereza ku yandi masite  abiri asigaye ya EAV NTENDEZI na E.S GAFUNZO.     TUYIZERE Jacques Public Realtions Media and Communication Officer

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->