Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasuye Intore zitorezwa mu Karere ka Nyamasheke
Ibiganiro yabitangiriye kuri Site y’Urwunge rw’Amashuri Umucyo rwa Karengera aho yaganiriye n’Intore zisaga 922 zarangwaga n’ibyishimo byinshi kubera uburyo zabonye zitaweho. Intore zatangiye zivuga imyato Nyakubahwa Perezida wa Repubulika kubera ibyiza ntagereranywa yagejeje ku Banyarwanda muri Rusange n’abaturage ba Nyamasheke by’Umwihariko birimo ,imihanda, amashanyarazi, uburezi kuri bose, gahunda ya girinka, n’izindi gahunda nyinshi ziteza Umunyarwanda imbere. Mu kiganiro yahaye Intore, Ministeri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Bwana Francis KABONEKA yabibukije inshingano zabo nk’abantu batowe n’abaturage abasaba kudatesha agaciro icyizere bagiriwe. Yababwiye ko icyo bakora cyose kidashingiye ku rukundo bakunda abaturage byaba ari imfabusa. Yagize ati “nta kintu cyiza nko kugirirwa icyizere n’abaturage, mugomba kubakunda, mukababazwa n’uko bababaye mugera ikirenge mu cy’Intore izirusha intambwe”. Minisitiri yibukije komite nyobozi y’umudugudu ko ubuyobozi bw’umudugudu atari ubw’umuntu umwe gusa ahubwo ko abantu bose bakwiye gusenyera umugozi umwe. Yabasabye ko nyuma y’iri torero bavamo ari ibyaremwe bishya maze bakemera kuba abagaragu b’ababatoye kugira ngo babone umusaruro. Yabasabye kwandika amateka ko bakuye Akarere ka Nyamasheke mu bukene bakakazamura. Nyuma y’ijambo rya Nyakubahwa Minisitiri, Intore zahawe umwanya maze zemerera mu maso ye ko impanuro n’inyigisho bazakura mu itorero zitazaba imfabusa maze bamwizeza ko bagiye gukora iyo bwabaga bakazahura Akarere ka Nyamasheke maze bagafasha Intore izirusha intambwe kuyobora neza no gukunda Abanyarwanda. Uruzinduko rwakomereje kuri site ya GS St Joseph Nyamasheke bikaba biteganyijwe ko umunsi w’ejo ruzakomereza ku yandi masite abiri asigaye ya EAV NTENDEZI na E.S GAFUNZO. TUYIZERE Jacques Public Realtions Media and Communication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…