Mu igororero ry'inyamasheke hatangijwe ibiganiro ku Bumwe n'Ubudaheranwa
Kuri uyu wa 18 Werurwe 2025, Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu yatangije ibiganiro by'Ubumwe n'Ubudaheranwa mu igororero ry'i Nyamasheke. Ibi biganiro bigenewe abagororwa bahamwe n'ibyaha bya Jenoside bakaba basigaje igihe gito ngo basoze ibihano, mu rwego rwo kubategurira kongera gusubira mu muryango bayobowe n'indangagaciro z'ubunyarwanda.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu Bwana Mahoro Eric ni we watangije ibi biganiro ari kumwe n'abandi bayobozi ku rwego rwa minisiteri, Ubuyobozi bw'amagororero mu Rwanda n'igororero rya Nyamashake, ubuyobozi bw'akarere ka Nyamasheke, ingabo na polisi n'umufatanyabikorwa wa minisiteri muri iyi gahunda y'ibiganiro.
Mu igororero rya Nyamasheke iyi gahunda y'ibiganiro yatangiranye n'abagororwa 114 bavanywe mu magororero anyuranye y'igihugu. Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu yavuze ko mu isasengura ryakozwe, rigaragaza ko abasoje ibihano bahura n'imbogamizi zirimo gutakarizwa icyizere no gutinywa, kwiheza, urwikekwe n'ipfunwe. Iyi ikaba ari yo mpamvu yatumye hatekerezwa kuri ibi biganiro.
Abagororwa bagiye gusoza ibihano basabwe kuzataha batibona mu ndorerwamo z'amoko kuko ari byo byabaye intandaro ya Jenoside yakorewe abatutsi kandi n'abayikoze bikaba byarabagizeho ingaruka. Babwiwe ko ibi biganiro ari amahirwe kuri bo kuko bizabafasha kumva neza impinduka zabaye mu muryango nk'uburinganire, amakimbirane n'uburyo bwo kuyakumira, ibyiza byo kutinangira mu gusaba imbabazi abo bahemukiye, kuvugisha ukuri no kubohoka.
Umuyamabanga uhoraho muri Minisiteri y'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu yagize ati: "muri iyi gahunda harimo ibijyanye no kumva uruhare rwanyu mu kongera kubana n'abandi, kwirinda ivangura n'ingengabitekerezo ya jenoside, kongera gusobanurirwa amateka y’igihugu, kumva neza ingaruka za jenoside kuri mwembwe ubwanyu , imiryango yanyu, abarokotse n'igihugu muri rusange. Muri iki gihe musoza ibihano mugomba kwita ku ihame ry'ubunyarwanda kuko bizabafasha kubana neza n'abo musanze, kutagira ipfunwe mu muryango, kudasubira mu cyaha no kugendera kure ingengabitekerezo ya Jenoside.


Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…