Mu kwizihiza umunsi w'umuganura Meya Mupenzi Narcisse yibukije baturage ko kwishimira umusaruro wabonetse biwkiye kujyana no gusangira nk'uko byahoze mu mateka mu mateka y'umuganura nyarwanda

Kuri uyu wa 01 Kanama 2025 mu Rwanda hirya no hino mu turere, abaturage bahuriye mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w'umuganura. Mu karere ka Nyamasheke naho uyu munsi wizihijwe hirya no hino mu mirenge, by'umwihariko ubuyobozi bw'akarere bukaba bwifatanyije n'abaturage b'umurenge wa Karambi mu kwizihiza umuganura.

Miri ibi birori abaturage bamurikiye abayobozi umusaruro w'ibyo bagezeho mu bihingwa ngandurarugo n'ibihingwa ngengabukungu, hatangwa n'ubuhamya bunyuranye bw'abaturage bashima Leta y'ubumwe bw'abanyarwanda ko yabafashije kwiteza imbere bakaba bishimira umusaruro w'ibyo bagezeho. 

Mu ijambo rye, umuyobozi w'akarere Bwana Mupenzi Narcisse yashimiye abitabiriye ibi birori na Leta y'ubumwe bw'Abanyarwanda yongeye kugarura umuganura nka kimwe mu birango by'umuco nyarwanda cyari cyarazimiye kubera ubukoloni, avuga ko umuganura ukwiye kuba umwanya wo kwishimira ibyagezweho, abaturage bagasabana kandi bagasangira. 

Agaruka ku gisobanuro cy'umuganura umuyobozi w'akarere yagize ati: “Mu mateka y'u Rwanda umuganura wari umuhango ukomeye ugenga imibereho y'abanyarwanda n'imitegekere y'igihugu, kandi ukaba wari inzira imwe mu nzira 18 z'ubwiru zariho. Wari umuhango watumaga abanyarwanda bahura bakishimira umwero, bakishimira n'umusaruro, ari na yo mpamvu kuri uwo munsi gusangira byabaga ari ngombwa ku banyarwanda. Kubera iyo rero, abatanze ubuhamya bugarabaza ko bageze ku musaruro ushimishije, twizera ko uyu munsi basangira na bagenzi babo bishimira ibyo bagezeho.” 

Ibirori by'umuganura byasojwe n'umuhango wo kuganura ku bayobozi n'abaturage bari babyitabiriye. 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->