Ibiti bivangwa n'imyaka ibihumbi 4000 byatewe mu muganda rusange uzosa ukwezi kwa 10 wakorewe mu murenge wa Kanjongo ku rwego rwakarere
Kuri uyu wa 25 Ukwakira 2025, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Bwana Ngarambe Rwego, yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Kanjongo, Akagari ka Kigoya, mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa 10, 2025.
Iki gikorwa cyitabiriwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bamwe mu bagize Njyanama y'Akarere barangajwe imbere na Perezida wa Njyanama y’Akarere Prof. Kamana Emmanuel, Ingabo z’u Rwanda (RDF), izindi nzego z’umutekano, n’abaturage baturutse mu kagari ka Kigoya no mu nkengero zako.
Muri uyu muganda, hatewe ibiti bisaga ibihumbi bine (4,000) bivangwa n’imyaka ku buso bwa hegitari 16, mu rwego rwo kubungabunga ubutaka n'ibidukikije muri rusange. Nyuma y'igikorwa cy'umuganda abawitabiriye bapimwe ku bushake indwara zitandura.
Mu butumwa bwatanzwe, Bwana Ngarambe Rwego na Meya Mupenzi Narcisse bashimiye abaturage ku kwitabira ari benshi babasaba gukomeza kubungabunga ibidukikije batera ibiti. Babakanguriye kandi kugira isuku y'umubiri no mu ngo, kubungabunga umutekano, kubana mu mahoro no gushyira imbaraga mu mikino n’imyidagaduro nk'isoko y'ubuzima buzira umuze.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…