Mu murenge wa Kanjongo akagari ka Kibogora kahize utundi mu bukangurambaga bw'isuku n'isukura
Mu rwego rw'ubukangurambaga ku isuku n'isukura mu karere ka Nyamasheke, umurenge wa Kanjongo ufatanyije n'abafatanyabikorwa bawo bateguye amarushanwa y'ubukangurambaga ku isuku n'isukura, kuri uyu wa 17 Kamena 2025 akagari ka Kibogora kakaba kahize utundi tugari tw'umurenge.
Aya marushanwa yari agizwe n'imbyino, imivugo n'amakinamico byose bishingiye ku bukangurambaga bw'isuku n'isukura, aka kagari kakaba kigaragaje ugereranyije n'utundi tugari tune tugize umurenge wa Kanjongo.
Akagari ka Kibogora kimwe n'utundi tugari twahiganwe twashimiwe umurava twagaragaje muri aya marushanwa, abaturage bibutswa ko isuku ari isoko y'ubuzima, bityo bakaba bakwiye iteka guharanira ko akarere n'aho batuye cyangwa bakorera hahora hakeye.
Muri aya marushanwa akagari ka Kibogora kaje ku mwanya wa mbere hakurikiraho akagari ka Rarl, ku mwanya wa gatatu haza akagari ka Kigoya, akagari ka Susa kaza ku mwanya wa kane naho akagari ka Kigarama kaza ku mwanya wa gatanu.
5. Kigarama
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…