Mu nkera y’imihigo, imirenge yasinye imihigo y’Umwaka 2016-2017

Kuri uyu wa 7 Ukwakira, mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke habereye Igitaramo cy’imihigo maze Imirenge yose uko ari 15 ibwirwa uburyo yakurikiranye mu kwessa imihigo y’Umwaka w’Imihigo 2015-2016 byanatumye Akarere kajya ku mwanya wa 9 mu turere 30 two mu gihugu cyose. Ku isonga haje Umurenge wa Karengera n’amanota 80 ariko n’indi mirenge yose yashimiwe uburyo yitwaye mu kwesa imihigo. Ubwo twaganiraga n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karengera Bwana Gabriel MUTUYIMANA, twamubajije ibanga Umurenge wa Karengera waba warakoresheje mu kwesa imihigo maze asubiza avuga ko ibanga nta rindi ari ugukorera hamwe guhera ku bakozi bakorera mu biro by’Umurenge kugeza ku muturage bose bagasenyera umugozi umwe. Mu ijambo ry’Umuyobozi w’Akarere Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye ubufatanye bukomeye bwaranze buri wese ngo babashe kwesa imihigo y’Umwaka ushize aho Akarere kari ku mwanya wa 9 mu gihugu. Yakomeje avuga ko batagomba guhagarara ngo batekereze ko bageze iyo bajya ahubwo ko ari ugukomeza urugendo maze bakazisubiza igikombe cy’Imihigo kigeze gitaha ma karere ka Nyamasheke. Ibi kandi byanashimangiwe n’abatanze ibitekerezo binyuranye yaba abayobozi b’Imirenge ndetse n’ab’Utugari baribitabiriye iki gtaramo, bijeje Umuyboziw’Akarere ubufatanye mu kwesa Imihigo n kwisubiza Igikombe ngo kitaba amateka. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba Bwana Jabo Paul wari n’Umushyitsi mukuru muri uyu muhango ndetse akaba n’Imboni Y’Akarere ka Nyamasheke by’Umwihariko, yashimiye byimazeyo uburyo uyu munsi wateguwe  na we akomeza ashimangira ko Imbaraga n’Ubudasa abona mu Karere ka Nyamasheke nta shiti byabahesha umwanya wa mbere. Muri ibi birori kandi hanashimiwe Uruhari ntagereranywa rw’ Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyamasheke mu kwesa imihigo. Nyuma yo kubwirwa uko Imirenge yakurikiranye mu kwesa imihigo, gutanga ibikombe n’impapuro z’Ishimwe ku mirenge n’Abafatanyabikorwa, Imirenge yanasinyanye n’umuyobozi w’Akarere imihigo mishya ya 2016-2017 baniyemeza kongera ikibatsi. Uyu munsi witabiriwe n’Abakozi b’akarere guhera ku rwego rw’Akarere kugeza ku kagari ndetse n’Abafatanyabikorwa b’Akarere.   TUYIZERE Jacques Public Relations, Media and Communication Officer  

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->