Mu nkera y’imihigo, imirenge yasinye imihigo y’Umwaka 2016-2017
Kuri uyu wa 7 Ukwakira, mu cyumba cy’Inama cy’Akarere ka Nyamasheke habereye Igitaramo cy’imihigo maze Imirenge yose uko ari 15 ibwirwa uburyo yakurikiranye mu kwessa imihigo y’Umwaka w’Imihigo 2015-2016 byanatumye Akarere kajya ku mwanya wa 9 mu turere 30 two mu gihugu cyose.
Ku isonga haje Umurenge wa Karengera n’amanota 80 ariko n’indi mirenge yose yashimiwe uburyo yitwaye mu kwesa imihigo.
Ubwo twaganiraga n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karengera Bwana Gabriel MUTUYIMANA, twamubajije ibanga Umurenge wa Karengera waba warakoresheje mu kwesa imihigo maze asubiza avuga ko ibanga nta rindi ari ugukorera hamwe guhera ku bakozi bakorera mu biro by’Umurenge kugeza ku muturage bose bagasenyera umugozi umwe.
Mu ijambo ry’Umuyobozi w’Akarere Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye ubufatanye bukomeye bwaranze buri wese ngo babashe kwesa imihigo y’Umwaka ushize aho Akarere kari ku mwanya wa 9 mu gihugu. Yakomeje avuga ko batagomba guhagarara ngo batekereze ko bageze iyo bajya ahubwo ko ari ugukomeza urugendo maze bakazisubiza igikombe cy’Imihigo kigeze gitaha ma karere ka Nyamasheke. Ibi kandi byanashimangiwe n’abatanze ibitekerezo binyuranye yaba abayobozi b’Imirenge ndetse n’ab’Utugari baribitabiriye iki gtaramo, bijeje Umuyboziw’Akarere ubufatanye mu kwesa Imihigo n kwisubiza Igikombe ngo kitaba amateka.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba Bwana Jabo Paul wari n’Umushyitsi mukuru muri uyu muhango ndetse akaba n’Imboni Y’Akarere ka Nyamasheke by’Umwihariko, yashimiye byimazeyo uburyo uyu munsi wateguwe na we akomeza ashimangira ko Imbaraga n’Ubudasa abona mu Karere ka Nyamasheke nta shiti byabahesha umwanya wa mbere.
Muri ibi birori kandi hanashimiwe Uruhari ntagereranywa rw’ Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyamasheke mu kwesa imihigo.
Nyuma yo kubwirwa uko Imirenge yakurikiranye mu kwesa imihigo, gutanga ibikombe n’impapuro z’Ishimwe ku mirenge n’Abafatanyabikorwa, Imirenge yanasinyanye n’umuyobozi w’Akarere imihigo mishya ya 2016-2017 baniyemeza kongera ikibatsi.
Uyu munsi witabiriwe n’Abakozi b’akarere guhera ku rwego rw’Akarere kugeza ku kagari ndetse n’Abafatanyabikorwa b’Akarere.
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer