Mufite ibyiza byinshi byakubakirwaho mu iterambere ry'umurenge bityo umuturage akaba ku isonga mu iterambere

Mu gutangiza icyumweru ry’umujyanama mu karere ka Nyamasheke, Perezida w’agateganyo w’inama njyanama y’akarere Prof. Kamana Emmanuel yasabye abaturage b’umurenge wa Macuba kubyaza umusaruro amahirwe umurenge ufite nko kuba ari umurenge wera ibihingwa nka kawa, inanasi, ibisheke n’ibindi kandi bifite uruhare mu iterambere ry’umuturage, umurenge n’akarere.

Icyumuweru cy’umujyanama mu karere ka Nyamasheke cyatangirijwe mu murenge wa Macuba kuri uyu wa 17 Gashyantare kikazasorezwa mu murenge wa Kagano kuwa 22 Gashyantare 2025. Ni icyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti: “Imibereho myiza y’umuturage, ishema ryacu.”

Agaruka ku cyumweru cy’umujanama, Prof. Kamana Emmanuel yabwiye abitabiriye iyi gahunda ko iki cyumweru cyateguwe mu rwego rwo kugira ngo abajyanama begere abaturage kandi bungurane nabo ibitekerezo kuri gahunda zinyuranye za Leta zigamije iterambere ry’umuturage n’igihugu muri rusange.

Perezida w’agateganyo wa njyanama yashimiye umurenge wa Macuba kuri gahunda zimwe na zimwe witwaramo neza ariko asaba ko ubuyobozi n’abaturage bafatanya kugira ngo gahunda za Leta zikiri inyuma nka Eho Heza nazo zizamuke.

Yasabye abaturage kwirinda no kugendera kure ingengabitekerezo ya Jenoside kuko hari aho yagaragaye mu karere, abibutsa ko nta muntu wungukira mu ngengabitekerezo, ko ahubwo abihomberamo kandi bikagira uruhare mu idindira ry’iterambere ry’umuturage.

Abajyanama bafatanyije gutanga umurongo n’ibisubizo ku bibazo byabajijwe n’abaturage kandi babashimira kuba bitabiriye iyi gahunda. 
 


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->