Mufite ibyiza byinshi byakubakirwaho mu iterambere ry'umurenge bityo umuturage akaba ku isonga mu iterambere
Mu gutangiza icyumweru ry’umujyanama mu karere ka Nyamasheke, Perezida w’agateganyo w’inama njyanama y’akarere Prof. Kamana Emmanuel yasabye abaturage b’umurenge wa Macuba kubyaza umusaruro amahirwe umurenge ufite nko kuba ari umurenge wera ibihingwa nka kawa, inanasi, ibisheke n’ibindi kandi bifite uruhare mu iterambere ry’umuturage, umurenge n’akarere.
Icyumuweru cy’umujyanama mu karere ka Nyamasheke cyatangirijwe mu murenge wa Macuba kuri uyu wa 17 Gashyantare kikazasorezwa mu murenge wa Kagano kuwa 22 Gashyantare 2025. Ni icyumweru gifite insanganyamatsiko igira iti: “Imibereho myiza y’umuturage, ishema ryacu.”
Agaruka ku cyumweru cy’umujanama, Prof. Kamana Emmanuel yabwiye abitabiriye iyi gahunda ko iki cyumweru cyateguwe mu rwego rwo kugira ngo abajyanama begere abaturage kandi bungurane nabo ibitekerezo kuri gahunda zinyuranye za Leta zigamije iterambere ry’umuturage n’igihugu muri rusange.
Perezida w’agateganyo wa njyanama yashimiye umurenge wa Macuba kuri gahunda zimwe na zimwe witwaramo neza ariko asaba ko ubuyobozi n’abaturage bafatanya kugira ngo gahunda za Leta zikiri inyuma nka Eho Heza nazo zizamuke.
Yasabye abaturage kwirinda no kugendera kure ingengabitekerezo ya Jenoside kuko hari aho yagaragaye mu karere, abibutsa ko nta muntu wungukira mu ngengabitekerezo, ko ahubwo abihomberamo kandi bikagira uruhare mu idindira ry’iterambere ry’umuturage.
Abajyanama bafatanyije gutanga umurongo n’ibisubizo ku bibazo byabajijwe n’abaturage kandi babashimira kuba bitabiriye iyi gahunda.
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…