Mwezi: Hatashywe ibyumba by’amashuri bigezweho

Mu rwego rwa Garuka urebe , gahunda ikorwa n’abaturage b’abanyarwanda

batuye mu mahanga (Diaspora Nyarwanda) , Umunyarwandakazi na  Kayiganwa wa

Rwiyamirira ukomoka mu Karere ka Nyamasheke afatanyanyije n'Umugabo we Paul

Wauters n'inshuti ze z'abanyaburayi bateye inkunga Ikigo cy’Amashuri abanza cya Mwezi yo kubaka ibyumba by’amashuri bitandatu  bikaba byamurikiwe

akarere kuru uyu wa 04 Mata 2016 mu mumuhango wari uhagarariwe na Madame Mukamana Claudette , Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza

y’abaturage

 

Mu ijambo rye Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y'Abaturage Madame MUKAMANA Claudette wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yashimye cyane inkunga KAYIGANWA yageneye Ikigo yizeho by'umwihariko

n'abaturage b'Akarere ka Nyamasheke muri rusange. Akaba yasabye abanyeshuri

n'abarezi bo muri EP Mwezi kuzafata neza ayo mashuri bubakiwe kugirango azabashe kuramba. Yaboneyeho no gusaba buri wese mu bari bateraniye aho kugira umuco mwiza w'ubwitange n'ubufatanye muri gahunda zizamura imibereho myiza y'umuturage.

 

Uyu KAYIGANWA ni umunyarwandakazi wavukiye mu Rwanda ndetse akaba yarize muri iki kigo cya EP Mwezi  kugera 1954,aho yahize imyaka ibiri gusa uwa kane n'uwa gatanu w'amashuri abanza, akomereza amashuri yisumbuye i Kigali, yavuye mu Rwanda ahunze muri 1960 n'ababyeyi be agera mu Bubiligi muri 1964,ari naho yaje gushaka akaba ari naho atuye kugeza ubu.

 

Igitekerezo cyo kubaka amashuri cyamujemo mu gihe yasanze ishuri yizeho

rya EP Mwezi ririmo risenyuka, abana bigira ahantu hatameze neza, mu gihe

abanyarwanda barimo biyemeza umusanzu wabo mu kigega Agaciro Development Fund, nawe yarahagurutse yiyemeza ko azubaka ishuri ndetse abyemera nta bushobozi afite ku buryo n'uwo bashakanye byamutangaje kubyumva kuko yabonaga ari igikorwa kiza kivuye ku mutima. yageze mu Bubiligi ateranya inshuti ze zo bahuje umutima wo kuzamura abantu barusha ubushobozi ababwira igitekerezo cye noneho bumva icyo ashaka gukora baramushyigikira.

 

Ubu amaze kuhubaka ibyumba bitandatu ariko afite igitekerezo cyo kubaka ikigo cyose kuko ibyumba bindi bigihari bitameze neza. Akaba yifuza kandi ko n'abana bo mu Rwanda batanga umusanzu wabo ku buryo iryo shuri ryaba ikimenyetso cy'umutima w'impuhwe n'ubugwaneza w'abantu batandukanye bahuje.

 

Ku bwe KAYIGANWA  asanga iryo shuri ryaramubereye ikigisho cy'uko abantu bose baba abazungu cyangwa abirabura , abakire cyangwa abakene ari bamwe ariko bagatandukanira ku mutima kuko hari abakene n'abakire bamufashije kubaka ibyo byumba.

 

Mu bindi bikorwa yakoze harimo abanyeshuri 50 yafashije biga muri GS Nyarusange gufatira ifunguro rya saa sita ku ishuri. Uyu  KAYIGANWA anejejwe n'uko Imana yamufashije akabasha gutanga umusanzu we mu kubaka Igihugu cyamubyaye.

 

 

Kayiganwa si amashuri gusa yubatse ahubwo yagiye arangwa n’bindi bikorwa bigaragaza urukundo akunda igihugu cyamubyaye birimo nko gukoresha umuhanda uva ku kigo nderabuzima cya Mwezi ugera ku kibuga cy'umupira cyo kwa Rwiyamirira, guha imyenda yo kwambara abakinnyi b'umupira w'amaguru ba Karengera byanatumye ahabwa ishimwe n'Akarere ka Nyamasheke

 

 

 

TUYIZERE Jacques

Public  Relations, Media and Communication Officer


Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →

Nyamasheke: Ababyeyi basabwe kurera abana babo babatoza umuco w'ubutwari kugira ngo bazabashe kwimana u Rwanda

Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…

Read more →

Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru yo gukumira no kurwanya ruswa n’akarengane mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…

Read more →

Abashoramari baguze ubutaka muri Nyamasheke barasabwa kubukoresha icyo bwagenewe mu buryo bwihuse

Mu nteko y'ishoramari yo ku wa 29 Mutarama 2029 mu karere Kanyamasheke byagaragaye ko bimwe mu bidindiza iterambere ry'akarere harimo n'abagura…
Read more →

Abasenateri bijeje ubuvugizi aborozi n'abacuruzi b'ibiryo by'amatungo bataka ko bibageraho bihenze cyane

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo mu karere ka Nyamasheke bijejwe ubuvugizi ku biryo by'amatungo bibageraho bihenze cyane, bamwe bakaba bagenda…
Read more →

Abasenateri basuye Akarere ka Nyamasheke mu rugendo rwo kureba uko ubworozi butezwa imbere

Aborozi n'abacuruza ibiryo by'amatungo bahuriye ku kibazo cy'ibiryo by'amatungo bavuga ko bihenze
Read more →
-->