Mwezi: Hatashywe ibyumba by’amashuri bigezweho
Mu rwego rwa Garuka urebe , gahunda ikorwa n’abaturage b’abanyarwanda
batuye mu mahanga (Diaspora Nyarwanda) , Umunyarwandakazi na Kayiganwa wa
Rwiyamirira ukomoka mu Karere ka Nyamasheke afatanyanyije n'Umugabo we Paul
Wauters n'inshuti ze z'abanyaburayi bateye inkunga Ikigo cy’Amashuri abanza cya Mwezi yo kubaka ibyumba by’amashuri bitandatu bikaba byamurikiwe
akarere kuru uyu wa 04 Mata 2016 mu mumuhango wari uhagarariwe na Madame Mukamana Claudette , Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza
y’abaturage
Mu ijambo rye Umuyobozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y'Abaturage Madame MUKAMANA Claudette wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yashimye cyane inkunga KAYIGANWA yageneye Ikigo yizeho by'umwihariko
n'abaturage b'Akarere ka Nyamasheke muri rusange. Akaba yasabye abanyeshuri
n'abarezi bo muri EP Mwezi kuzafata neza ayo mashuri bubakiwe kugirango azabashe kuramba. Yaboneyeho no gusaba buri wese mu bari bateraniye aho kugira umuco mwiza w'ubwitange n'ubufatanye muri gahunda zizamura imibereho myiza y'umuturage.
Uyu KAYIGANWA ni umunyarwandakazi wavukiye mu Rwanda ndetse akaba yarize muri iki kigo cya EP Mwezi kugera 1954,aho yahize imyaka ibiri gusa uwa kane n'uwa gatanu w'amashuri abanza, akomereza amashuri yisumbuye i Kigali, yavuye mu Rwanda ahunze muri 1960 n'ababyeyi be agera mu Bubiligi muri 1964,ari naho yaje gushaka akaba ari naho atuye kugeza ubu.
Igitekerezo cyo kubaka amashuri cyamujemo mu gihe yasanze ishuri yizeho
rya EP Mwezi ririmo risenyuka, abana bigira ahantu hatameze neza, mu gihe
abanyarwanda barimo biyemeza umusanzu wabo mu kigega Agaciro Development Fund, nawe yarahagurutse yiyemeza ko azubaka ishuri ndetse abyemera nta bushobozi afite ku buryo n'uwo bashakanye byamutangaje kubyumva kuko yabonaga ari igikorwa kiza kivuye ku mutima. yageze mu Bubiligi ateranya inshuti ze zo bahuje umutima wo kuzamura abantu barusha ubushobozi ababwira igitekerezo cye noneho bumva icyo ashaka gukora baramushyigikira.
Ubu amaze kuhubaka ibyumba bitandatu ariko afite igitekerezo cyo kubaka ikigo cyose kuko ibyumba bindi bigihari bitameze neza. Akaba yifuza kandi ko n'abana bo mu Rwanda batanga umusanzu wabo ku buryo iryo shuri ryaba ikimenyetso cy'umutima w'impuhwe n'ubugwaneza w'abantu batandukanye bahuje.
Ku bwe KAYIGANWA asanga iryo shuri ryaramubereye ikigisho cy'uko abantu bose baba abazungu cyangwa abirabura , abakire cyangwa abakene ari bamwe ariko bagatandukanira ku mutima kuko hari abakene n'abakire bamufashije kubaka ibyo byumba.
Mu bindi bikorwa yakoze harimo abanyeshuri 50 yafashije biga muri GS Nyarusange gufatira ifunguro rya saa sita ku ishuri. Uyu KAYIGANWA anejejwe n'uko Imana yamufashije akabasha gutanga umusanzu we mu kubaka Igihugu cyamubyaye.
Kayiganwa si amashuri gusa yubatse ahubwo yagiye arangwa n’bindi bikorwa bigaragaza urukundo akunda igihugu cyamubyaye birimo nko gukoresha umuhanda uva ku kigo nderabuzima cya Mwezi ugera ku kibuga cy'umupira cyo kwa Rwiyamirira, guha imyenda yo kwambara abakinnyi b'umupira w'amaguru ba Karengera byanatumye ahabwa ishimwe n'Akarere ka Nyamasheke
TUYIZERE Jacques
Public Relations, Media and Communication Officer
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…