Ndagira ngo uyu munsi twibuka urubyiruko, twese uko turi hano twongere dushimangire igihango dufitanye n'igihugu cyacu
Kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025 akarere ka Nyamsheke kibutse ku nshuro ya 31 urubyiruko rwazize Jenoside yakorewe abatsi mu 1994.
Mu ijambo ry’ikaze, umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yashimiye umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo Bwana Ngarambe Rwego waje kwifatanya n'akarere ka Nyamasheke mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi cyane cyane aho akarere kibukaga urubyiruko rwazize Jenoside yakorewe abatutsi.
Umuyobozi w'akarere yavuze ko Leta yateguye Jenoside yashakaga kurimbura abatutsi: “ati abategura jenoside iteka baba bashaka kurimbura abibasiwe, iyo batabigezeho 100% usanga barwana n'imibare. Wakwica bacye cyangwa benshi, guhagarara kwa Jenoside ntabwo biba byaguturutseho. Ni uko haba hari imbaraga zindi zifite ibitekerezo bitandukanye n'iby'abateguye jenoside kandi bakayishyira mu bikorwa.” Umuyobozi w’akarere yashimiye Umunyamabanga wa Leta kuba yaje kwifatanya n’akarere mu kwibuka urubyiruko, amubwira ko abitabiriye igikorwa cyo kwibuka banyotewe no kuza kumva ubutumwa n’impanuro abagezaho.
Urubyiruko rwitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 rwiganjemo abanyeshuri rwagejejweho ikiganiro ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi, basobanurirwa uburyo jenoside yateguwe na Leta mbi, basobanurirwa ububi bwa jenoside kandi basabwa gukomeza guharanira ubumwe n'ubudaheranwa, bo Rwanda rw'ejo hazaza.
Mu ijambo ry’umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yavuze ko yishimiye kubana n’urubyiruko n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke kuri uyu munsi hibukwaga urubyiruko rwazize jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
By'umwihariko, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri ya siporo ageza ubutumwa ku rubyiruko yagize ati: “Ndagira ngo twese dufate akanya uyu munsi no mu minsi 100 turi kwibuka tuzirikane, dutekereze ku cyagejeje u Rwanda aho abanyarwada bagenzi bacu bicwa bazize ubwoko, bakabuzwa amahirwe yo kubaho, kwiteza imbere no guteza imbere igihugu cyabo.
Turebe twebwe uyu munsi amahirwe igihugu cyacu kiduha, mwiga hano muri Nyamasheke muturutse mu bice bitandukanye by'igihugu, iyo muza ku ishuri igihugu gitegura uburyo muza, mwese muje mu modoka zicungiwe umutekano, nta n'umwe bahagarika mu nzira ngo bamukuremo kuko batamwiyumvisemo ngo bamwice. Mu ishuri ntawubahagurutsa ngo ababaze ubwoko abibazize, ntawubima amanota ndetse n'iyo mwabonye make barabacyaha kugira ngo muyongere.
Urwo ni rwo Rwanda twahawe n'inkotanyi umunsi zahagatikaga jenoside yakorerwaga abatutsi. Ndagira ngo uyu munsi twibuka urubyiruko, twese uko turi hano twongere dushimangire igihango dufitanye n'igihugu cyacu. Igihugu cyacu hari icyo kitaduha uyu munsi ku buryo tutakitura kugiha icyacu kiturimo?
Abakomeza gushaka gusenya igihugu binyuze mu ngengabitekerezo ni benshi, bakomeza kugenda badura udushya two kugira ngo bagere kuri uwo mugambi mubi wabo, ariko natwe turi benshi kandi beza, kuko dufite abayobozi beza twigiraho.
Mureke rero duhuze imbaraga, twiyubake ubwacu, twubake u Rwanda dushaka, turugeze ku iterambere rukwiye. Twese nk'urubyiruko duharanire gufasha inzego z'umutekano kugira umutekano ukwiye, kuko uwo mutekano ni wo musemburo w'amajyambere mazima twifuza. Mureke duhe akazi gake abantu bo mu nzego z'ubugenzacyaha, ntitube mu bo bakurikiranaho ibyaha by'urugomo, ibiyobyabwenge n’ibindi.”



Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…