NDAYEGAMIYE Gilbert yarahiriye Ubwenegihugu bw’Ubunyarwanda
Kuri uyu wa 08 Gashyantare, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke yakiriye indahiro ya Gilbert NDAYEGAMIYE wari warasabye Ubwenegihugu bw’Ubunyarwanda akanabyemererwa nk’Uko amategeko abiteganya.
Mu muhango wo kwakira iyi ndahiro, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamaske Bwana KAMALI Aimé Fabien yashimiye uyu mugabo amahitamo meza yo kuba Umunyarawanda amusaba kandi gukora inshingano zose z’umwenegihugu ziganjemo kukirinda ndetse no kukitangira aho bibaye ngombwa.
Mu izina ry’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe abinjira n’Abasohoka runafite mu nshingano gutanga Ubwenegihugu , Bwana NDAYISENGA Jean Damascène Ushinzwe abinjira n’Abasohoka mu karere ka Nyamasheke yavuze ko nyuma yo kugenzura imyitwarire ya Gilbert, no kunyura mu nzira zose zisabwa n’itegeko Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka rwasanze Gilbert yakwemererwa Ubwenegihugu bityo akaba yakomeza imirimo ye nk’Umwenegihugu.
Ubwo twaganiraga na Gilbert NDAYEGAMIYE, twamubajije icyamuteye guhitamo kuba Umunyarwanda kubirutisha kuba Umurundi atubwira ko mu myaka amaze mu Rwanda yashimye byimazeyo imiyoborere n’icyerekezo cy’igihugu bishimangirwa n’Umutekano bityo bikamutera ishema ryo kwitwa Umuyarwanda. Ati “iyo urebye icyerekezo cy’u Rwanda, ukareba, umuvuduko mu iterambere, ukareba uko kiyobowe, ubona Rufite ejo hazaza hagaragara, bituma umutu wese yakwifuza kuba Umunyarwanda.
Uyu mugabo w’Imyaka mirongo ine y’amavuko yavukiyemu Rwanda, arahakurira arahiga ndetse aranahakorera ariko ababyeyi be ni Abarundi.
TUYIZERE Jacques
PRMCO/NYAMASHEKE
Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…