Ikirwa cya Kirehe: Nta mushyitsi urara mu mudugudu wa Kirehe atanditse mu gitabo cy'ushinzwe umutekano
Umudugudu wa Kirehe ni umwe mu midugudu yihariye mu karere ka Nyamasheke kuko uyu midugudu wose ari ikirwa. Umudugudu wa Kirehe uherereye mu murenge wa Macuba, akagari ka Rugari ukaba utuwe n'ingo 168.
Ubwo umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yasuraga abaturage b'uyu mudugudu ku gicamunsi cy'uwa 03 Mata 2025, abaturage bamwakiranye ibyishimo mu mbyino zishimishije.
Umuyobozi w'akare yababwiye ko yasuye uyu mudugudu kugira ngo baganire muri rusange, barebera hamwe uko bashyira gahunda za leta mu bikorwa no kujya inama muri rusange.
Mu biganiro bagiranye, hagarutswe ku mutekano aho abayobozi basanze abinjira kuri iki kirwa bandikwa neza mu gitabo cy'ushinzwe umutekano mu mudugudu. Ibi byashimishije abayobozi basaba ko ubuyobozi bw'umudugudu bwakomereza aho nta gutezuka.
Umuyobozi w'akarere yabwiye abaturage ba Kirehe ko ubuyobozi bubazirikana kandi hakaba hari kureberwa hamwe uburyo bazagezwaho amazi n'amashanyarazi n'ubwo uyu mudugudu wihariye ugereranyije n'indi midugudu.
Yashimye ko uyu mudugudu utarangwamo amakimbirane yo mu ngo asaba abagize umutyango kwimakaza indangagaciro z'umuryango uzira amakimbirane.
Abatuye mu mudugudu wa Kirehe basabwe kuzitabira ibikorwa n'ibiganiro byateguwe mu gihe cyo kwibuka cyegereje kandi basabwa kwirinda ingengabitekerezo no gupfobya jenoside yakorewe abatutsi.


Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…