Ikirwa cya Kirehe: Nta mushyitsi urara mu mudugudu wa Kirehe atanditse mu gitabo cy'ushinzwe umutekano

Umudugudu wa Kirehe ni umwe mu midugudu yihariye mu karere ka Nyamasheke kuko uyu midugudu wose ari ikirwa. Umudugudu wa Kirehe uherereye mu murenge wa Macuba, akagari ka Rugari ukaba utuwe n'ingo 168.

Ubwo umuyobozi w'akarere ka Nyamasheke Bwana Mupenzi Narcisse yasuraga abaturage b'uyu mudugudu ku gicamunsi cy'uwa 03 Mata 2025, abaturage bamwakiranye ibyishimo mu mbyino zishimishije. 

Umuyobozi w'akare yababwiye ko yasuye uyu mudugudu kugira ngo baganire muri rusange, barebera hamwe uko bashyira gahunda za leta mu bikorwa no kujya inama muri rusange. 

Mu biganiro bagiranye, hagarutswe ku mutekano aho abayobozi basanze abinjira kuri iki kirwa bandikwa neza mu gitabo cy'ushinzwe umutekano mu mudugudu. Ibi byashimishije abayobozi basaba ko ubuyobozi bw'umudugudu bwakomereza aho nta gutezuka. 

Umuyobozi w'akarere yabwiye abaturage ba Kirehe ko ubuyobozi bubazirikana kandi hakaba hari kureberwa hamwe uburyo bazagezwaho amazi n'amashanyarazi n'ubwo uyu mudugudu wihariye ugereranyije n'indi midugudu.

Yashimye ko uyu mudugudu utarangwamo amakimbirane yo mu ngo asaba abagize umutyango kwimakaza indangagaciro z'umuryango uzira amakimbirane.

Abatuye mu mudugudu wa Kirehe basabwe kuzitabira ibikorwa n'ibiganiro byateguwe mu gihe cyo kwibuka cyegereje kandi basabwa kwirinda ingengabitekerezo no gupfobya jenoside yakorewe abatutsi.


Hatangizwa icyumweru cy'icyunamo n'iminsi 100 yo #Kwibuka32 Meya Mupenzi Narsicce yibukije ko kudasesengura byagejeje u Rwanda kuri Jenoside

Meya Mupenzi Narcisse yashimangiye ko kuba amacakubiri yarazanywe n'abakoloni ariko abanyarwanda barimo abayobozi n'abaturage ntibagire isesengura…
Read more →

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu ntara y'Iburengerazuba

Ikipe y'abagore y'umurenge wa Mahembe ikomeje kuba ubukombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup aho mu myaka 2 yikurikiranya ikomeje kuza ku isonga…
Read more →

Nyamasheke mu rugamba rwo kuba iya mbere mu bwiza bwa Kawa n'ubwinshi bw'umusaruro nyuma yo kuba ku isongo mu kugira ibiti bya kawa byinshi

Akarere ka Nyamasheke kari ku mwanya wa mbere mu gihugu mu turere dufite ibiti bya kawa byinshi. Kuba aka karere gafite umubare w'ibiti bya kawa…
Read more →

Nyamasheke: PSF- Nyamasheke yahawe umukoro wo gushora imari mu bikorwa bisamikiye ku bukerarugendo

PSF-Nyamasheke yashimiwe uruhare ntagereranywa igira mu iterambere ry'Akarere, ihabwa umukoro wo gukora ishoramari rishamikiye ku bukerarugendo mu…
Read more →

Ingengo y’Imari Ivuguruye y’Akarere ka Nyamasheke Yatowe na Njyanama Yiyongereyeho Asaga Miliyari 3

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yarateranye mu nama yayo idasanzwe igamije gusuzuma no…

Read more →

Nyamasheke: Hatangijwe Icyumweru cy’Umujyanama hagamijwe kunoza serivisi no kwimakaza iterambere ry’umuturage

Iyo abajyanama begereye abaturage, bigira uruhare mu kuzamura imyumvire iganisha ku iterambere n'imibereho myiza byabo kuko umuturage asobanukirwa…
Read more →

Kanjongo: Abadepite n’ubuyobozi bw'akarere bakemuye ibibazo mu nteko y'abaturage

Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…

Read more →

Abadepite basuye imihanda y’imihahirano mu Karere ka Nyamasheke

Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…

Read more →

Abaturage ba Karengera basabwe gukoresha neza umusaruro uhagije babona kugira ngo barwanye imirire mibi

Umuganda rusange mu murenge wa Karengera n’ubukangurambaga bunyuranye
Read more →
-->