“Nsiga ninogereze”, gahunda igamije kuzamura abaturage batishoboye.
Ubuyobozi bw’ Akarere ka Nyamasheke bwatangije gahunda yiswe “Nsiga ninogereze” igamije gufasha abatishoboye gukoemeza kwigobottora ingoyi y’ ubukene.
Nk’ uko byasobanuwe n’ umuyobozi w’ Akarere, iyi gahunda ifasha abantu bari mu byiciro bifashwa na Leta binyuze muri gahunda ya VUP.
Abantu bakora muri gahunda ya VUP muri porogaramu zayo zitandukanye, bagenda bizigama amafaranga make make uko bahembwe hanyuma yamara kugwira bakaguramo amatungo magufi (Ihene cyangwa ingurube) zizagenda zororoka zikaba zafasha aba baturage kwiteza imbere.
Usibye amatungo magufi kandi aba baturage banafashwa kuba bategura umushinga muto ubyara inyungu na wo ukaba wamufasha kunganira wa mushahara akura muri VUP bityo mu gihe runaka bakaba barazamutse.
Abaturage bari muri iyi gahunda barahamya ko bizakomeza kubafasha maze bakiteza imbere koko.
Barashimira Leta yabahaye akazi muri gahunda ya VUP ariko bakavuga ko iyi gahunda y’ Akarere ya Nsiga Ninogereze izabafasha kwizigama bakanabyaza umusaruro ubwizigame bwabo.
Nk’ uko izina ry’ iyi gahunda riri, bavaga ko Leta ari yo yabasize ubwo yabahaga iyi gahunda ya VUP noneho kwizigamira muri ubu buryo akaba ari byo bise kwinogereza




Uyu wa 03 Gashyantare 2026 abadepite bo muri komisiyo y'ubukungu n'ubucuruzi mu Nteko ishinga amategeko y'u Rwanda bari kumwe n'ubuyobozi bw'Akarere…
Kuri uyu wa 3 Gashyantare 2026, Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Bwana Muhayeyezu Joseph Désiré, yakiriye itsinda…
Umunsi w'intwari z'igihugu wizihijwe mu karere ka Nyamasheke kimwe n'ahandi hose mu gihugu kuri uyu wa 01 Gashyantare 2026. Ugu munsi w'Intwari…
Kuri uyu wa 30 Mutarama 2026, Urwego rw’Umuvunyi rwasoje gahunda y’icyumweru ya gahunda yo kukumira no kurwanya ruswa n'akarengane yatangiye ku wa 26…